BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AS Kigali yahawe miliyoni zirenga 11 nk’agahimbazamusyi

AS Kigali yahawe miliyoni zirenga 11 nk’agahimbazamusyi

admin
Last updated: September 28, 2022 9:09 am
admin
Share
SHARE

Abakinnyi 25 b’ikipe ya AS Kigali, bahawe agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 450 Frw kuri buri umwe nyuma yo gusezerera ikipe ya ASAS Djibouti Télécom mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo [CAF Confederation Cup].

Kalisa Rachid na bagenzi be bahawe agahimbazamusyi bari bemerewe

Tariki 18 Nzeri 2022, nibwo ikipe ya AS Kigali yahaye ibyishimo Abanyarwanda nyuma yo gutsinda igitego kimwe ku busa ikipe ya ASAS Djibouti Télécom yo mu gihugu cya Djibouti, ikanayisezerera muri CAF Confederation.

Igitego cya Kalisa Rachid ku munota wa 67, nicyo cyahesheje abakinnyi agahimbazamusyi. Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko buri mukinnyi wa AS Kigali yari yemerewe agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 450 Frw.

Kuwa Gatanu wa tariki 16 Nzeri 2022, nibwo aba bakinnyi bahawe agahimbazamusyi kabo nk’uko bari babyemeranyije n’ubuyobozi. Abagahawe ni 25. Bivuze ko amafaranga ubuyobozi bwatanze angana na miliyoni 11 n’ibihumbi 250 Frw.

Si ubwa Mbere iyi kipe itanga agahimbazamusyi gatubutse kuko ubwo yegukanaga igikombe cy’Amahoro, buri mukinnyi yahawe ibihumbi 900 Frw.

Iyi ntsinzi yatumye iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali ihita ikatisha itike yo kuzakina mu ijonjora rya Kabiri na Al Nasry yo muri Libya.

Abakinnyi ba AS Kigali bategereje agahimbazamusyi kadasanzwe bemerewe (Audio)

Ubuyobozi bwa AS Kigali ntacyo budakora
Abakinnyi ba AS Kigali baramwenyura nyuma yo guhabwa ibihumbi 450 Frw buri umwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?