BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AS Kigali yahawe miliyoni zirenga 11 nk’agahimbazamusyi

AS Kigali yahawe miliyoni zirenga 11 nk’agahimbazamusyi

admin
Last updated: September 28, 2022 9:09 am
admin
Share
SHARE

Abakinnyi 25 b’ikipe ya AS Kigali, bahawe agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 450 Frw kuri buri umwe nyuma yo gusezerera ikipe ya ASAS Djibouti Télécom mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo [CAF Confederation Cup].

Kalisa Rachid na bagenzi be bahawe agahimbazamusyi bari bemerewe

Tariki 18 Nzeri 2022, nibwo ikipe ya AS Kigali yahaye ibyishimo Abanyarwanda nyuma yo gutsinda igitego kimwe ku busa ikipe ya ASAS Djibouti Télécom yo mu gihugu cya Djibouti, ikanayisezerera muri CAF Confederation.

Igitego cya Kalisa Rachid ku munota wa 67, nicyo cyahesheje abakinnyi agahimbazamusyi. Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko buri mukinnyi wa AS Kigali yari yemerewe agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 450 Frw.

Kuwa Gatanu wa tariki 16 Nzeri 2022, nibwo aba bakinnyi bahawe agahimbazamusyi kabo nk’uko bari babyemeranyije n’ubuyobozi. Abagahawe ni 25. Bivuze ko amafaranga ubuyobozi bwatanze angana na miliyoni 11 n’ibihumbi 250 Frw.

Si ubwa Mbere iyi kipe itanga agahimbazamusyi gatubutse kuko ubwo yegukanaga igikombe cy’Amahoro, buri mukinnyi yahawe ibihumbi 900 Frw.

Iyi ntsinzi yatumye iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali ihita ikatisha itike yo kuzakina mu ijonjora rya Kabiri na Al Nasry yo muri Libya.

Abakinnyi ba AS Kigali bategereje agahimbazamusyi kadasanzwe bemerewe (Audio)

Ubuyobozi bwa AS Kigali ntacyo budakora
Abakinnyi ba AS Kigali baramwenyura nyuma yo guhabwa ibihumbi 450 Frw buri umwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?