BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rachid Kalisa yashyize hanze impamvu zituma Police itegukana shampiyona

Rachid Kalisa yashyize hanze impamvu zituma Police itegukana shampiyona

admin
Last updated: September 26, 2022 11:43 am
admin
Share
SHARE

Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, na AS Kigali FC, Rachid Kalisa, ahamya ko Police FC bikigoye kwegukana igikombe cya shampiyona itarabasha kwihanganira abatoza ngo ibahe umwanya.

Rachid Kalisa yagaragaje impamvu Police FC itarabasha kwegukana igikombe cya shampiyona

Ikipe ya Police FC, imaze imyaka ikomeje kuba myinshi itazi igikombe cya shampiyona kandi buri mwaka igerageza kongera imbaraga ihereye mu bakinnyi no batoza.

Igikomeza gutuma abakunzi ba ruhago mu Rwanda bibaza kuri iyi kipe, ni uburyo abayobozi bayo batajya bihanganira abatoza iyo igikombe cyabuze.

Umwe mu bayikiniye, Rachid Kalisa usigaye ukinira AS Kigali, abona bikigoye gutwara igikombe cya shampiyona muri iyi kipe mu gihe abatoza batihanganirwa ngo bahabwe umwanya uhagije wo gutegura ahazaza h’ikipe.

Ati “Njye mbona biterwa no kuba kwihangana k’ubuyobozi ntabyo. Kuko iyo umutoza atangiye kubaka ibintu by’igihe kirekire, hari igihe bahita bamwirukana. Buriya guhora uhindura cyane bituma nta kumenyerana kubaho mu ikipe.”

Uyu mukinnyi yakomeje avuga ko ikindi gituma iyi kipe itegukana igikombe cya shampiyona, biterwa n’uburyo igura abakinnyi benshi buri mwaka bigatuma hari abandi irekura kandi ibi bituma hahora hubakwa ibintu bishya.

Ati “Buriya iyo ufite ikipe nziza, biba byiza iyo utayihinduye cyane. Mbese nka nyuma ya shampiyona ukagumana abawe beza bose ukaba wakongeramo nk’umwe cyangwa babiri. Uko ugumana abawe beza niko biguha amahirwe yo kwegukana igikombe.”

Rachid ahamya Police FC ubusanzwe ari ikipe nziza kandi itanga byose ku bakozi bayo, yaba abakinnyi ndetse n’abatoza.

Mbere yo gutangira shampiyona, Umuyobozi w’iyi kipe y’Igipolisi, ACP, Yahya Kamunuga yavuze ko Mashami Vincent na bagenzi be nibategukana igikombe, bazirukanwa.

Iyi kipe ibitse igikombe kimwe cy’Amahoro yahawe na Casa Mbungo André, usigaye utoza AS Kigali FC.

Police FC nta gikombe cya shampiyona igira

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?