BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rachid Kalisa yashyize hanze impamvu zituma Police itegukana shampiyona

Rachid Kalisa yashyize hanze impamvu zituma Police itegukana shampiyona

admin
Last updated: September 26, 2022 11:43 am
admin
Share
SHARE

Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, na AS Kigali FC, Rachid Kalisa, ahamya ko Police FC bikigoye kwegukana igikombe cya shampiyona itarabasha kwihanganira abatoza ngo ibahe umwanya.

Rachid Kalisa yagaragaje impamvu Police FC itarabasha kwegukana igikombe cya shampiyona

Ikipe ya Police FC, imaze imyaka ikomeje kuba myinshi itazi igikombe cya shampiyona kandi buri mwaka igerageza kongera imbaraga ihereye mu bakinnyi no batoza.

Igikomeza gutuma abakunzi ba ruhago mu Rwanda bibaza kuri iyi kipe, ni uburyo abayobozi bayo batajya bihanganira abatoza iyo igikombe cyabuze.

Umwe mu bayikiniye, Rachid Kalisa usigaye ukinira AS Kigali, abona bikigoye gutwara igikombe cya shampiyona muri iyi kipe mu gihe abatoza batihanganirwa ngo bahabwe umwanya uhagije wo gutegura ahazaza h’ikipe.

Ati “Njye mbona biterwa no kuba kwihangana k’ubuyobozi ntabyo. Kuko iyo umutoza atangiye kubaka ibintu by’igihe kirekire, hari igihe bahita bamwirukana. Buriya guhora uhindura cyane bituma nta kumenyerana kubaho mu ikipe.”

Uyu mukinnyi yakomeje avuga ko ikindi gituma iyi kipe itegukana igikombe cya shampiyona, biterwa n’uburyo igura abakinnyi benshi buri mwaka bigatuma hari abandi irekura kandi ibi bituma hahora hubakwa ibintu bishya.

Ati “Buriya iyo ufite ikipe nziza, biba byiza iyo utayihinduye cyane. Mbese nka nyuma ya shampiyona ukagumana abawe beza bose ukaba wakongeramo nk’umwe cyangwa babiri. Uko ugumana abawe beza niko biguha amahirwe yo kwegukana igikombe.”

Rachid ahamya Police FC ubusanzwe ari ikipe nziza kandi itanga byose ku bakozi bayo, yaba abakinnyi ndetse n’abatoza.

Mbere yo gutangira shampiyona, Umuyobozi w’iyi kipe y’Igipolisi, ACP, Yahya Kamunuga yavuze ko Mashami Vincent na bagenzi be nibategukana igikombe, bazirukanwa.

Iyi kipe ibitse igikombe kimwe cy’Amahoro yahawe na Casa Mbungo André, usigaye utoza AS Kigali FC.

Police FC nta gikombe cya shampiyona igira

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?