BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Amadini n’amatorero byasabwe gufasha abayoboke kugira imibereho myiza

Nyanza: Amadini n’amatorero byasabwe gufasha abayoboke kugira imibereho myiza

admin
Last updated: September 26, 2022 12:38 am
admin
Share
SHARE

Abahagarariye amadini n’amatorero bo mu karere ka Nyanza basabwe gufasha abakristo babo kugira imibereho myiza bahereye ku bakiristo bashinzwe

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwasabye abakristo kubafasha gutera imbere

Mu gusoza umwiherero abahagarariye amadini n’amatorero bamazemo iminsi ibiri byatewe inkunga n’umushinga AEE bafatanyije n’akarere ka Nyanza, hagamijwe kureba ko inshingano basigiwe n’umukiza wabo Yesu Kristo bagendeye ku magambo, ko bakwiriye guhinduka kugira ngo babone uko bahindura abandi.

Muremangingo Irene umukozi wa AEE avuga ko baganiriye kugira ngo barusheho kunoza umurimo w’Imana no gufasha abantu banareba ibyo bakwiye kongeramo imbaraga.

Ati “Bimwe twasanze dukwiye kongeramo imbaraga ni ibijyanye n’ubuzima bw’abakristo babo mu buryo bw’umwuka n’imibereho.”

Pasitori Hatangimana Obed wo mu itorero ry’Abadventiste b’umunsi wa karindwi waturutse mu murenge wa Nyagisozi wanitabiriye uyu mwiherero, avuga ko  nk’abavugabutumwa kugira ngo ibijyanye n’ubukristo bishimangirwe ari uko n’ubuzima bwa muntu buba ari ubuzima bumeze neza impande zose.

Ati “Ku bijyanye n’ubuzima (ku mubiri) n’imitekerereze y’ibya Mwuka, kuko umuntu udafite amagara mazima byamugora kugira ngo ubukristo bube bwimbitse.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kayitesi Nadine asaba abanyamadini n’amatorero gufasha abaturage mu iterambere ry’imibereho myiza.

Ati “Umuturage dushinzwe kuzamura ni we mukristo wabo, twabonye ari uburyo bwiza kugira ngo dufatanye bahere uruhande rumwe natwe duhere urundi, tubashe kuzamura iterambere rye cyane cyane iry’imibereho myiza.”

Mu mirenge 10 igize akarere ka Nyanza haturutse abahagarariye amadini n’amatorero muri uyu mwiherero wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’itorero mu guhindura aho rikorera”.

Abanyamadini n’amatorero banyuranye bitabiriye uyu mwiherero

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?