BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 6, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Mu mezi icyenda ashize ibiza byahitanye abantu 137 – MINEMA

Mu mezi icyenda ashize ibiza byahitanye abantu 137 – MINEMA

admin
Last updated: September 17, 2022 1:04 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi MINEMA, yatangaje ko muri uyu mwaka abantu 137 bamaze guhitanwa n’ibiza bitandukanye, babiri baburiwe irengero.

Ifoto yafashwe mu Murenge wa Kirimbi mu Kararere ka Nyamasheke, ubwo ibiza bycaga abantu 6 bo mu miryango ibiri hari muri Mata 2022 (Archives)

Ibiza byagiye biba birimo imyuzure, kugwirwa n’ibirombe, inkuba n’ibindi byakomereje abantu 272.

Hamaze igihe hirya no hino mu gihugu hagaragara imvura nyinshi, igatwara ubuzima bwa bamwe, amatungo, ubutaka n’ibikorwaremezo bikangirika .

Raporo ya Minisiteri y’ibikorwa by’Ubutabazi, UMUSEKE wabonye iva ku itariki ya 01 Mutarama ikagera ku 03 Nzeri, 2022, igaragaza ko inzu 2,913 zasenyutse kubera Ibiza, ubutaka bungana na hegitare 1,540 bwaratwawe.

Hegitare 73 z’amashyamba zaratwawe, inka 50 zarapfuye, andi matungo 57 na yo yarapfuye. Ibiza byasenye ibyumba by’amashuri 261, ikigo nderabuzima, binangiza imihanda 60.

Minisiteri y’Ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi ivuga ko insengero 12, ibiraro 52, inzu z’ubuyobozi 17 na bo byangijwe n’ibiza.

Ibiza byangije umuyoboro w’amazi, amapoto y’amashanyarazi 55, amasoko abiri, n’inganda enye.

Uturere twa Nyamasheke, Rutsiro, na Muhanga ni two twibasiwe cyane n’ibiza kuko muri buri karere muri utu, ibiza byahitanye nibura abantu 11.

MINEMA igira Abanyarwanda inama yo kwimuka by’agateganyo ahantu hateza akaga, kuberamisha imikingo yegereye inzu, gufata amazi y’imvura hakoreshejwe uburyo bwabugenewe, andi akayoborwa mu miferege,  guca imirwanyasuri n’inzira z’amazi, no gushishoza mbere yo kwambuka imigezi n’ibiraro.

Minisiteri kandi isaba abantu kuzirika ibisenge hakoreshejwe imikwege yabugenewe, mwikorezi igafatanywa n’igiti giteyeho amabati kandi abafite ibinyabiziga bakirinda kunyura mu mihanda irimo amazi menshi, ndetse n’afite umuvuduko ikabije bakawugabanya.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: Musanze: Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 56, abana 3 barakomereka – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

4 Min Read
Mu Rwanda

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

2 Min Read
Mu Rwanda

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?