BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Putin yagaragaje ko nta gitutu bariho mu ntambara yabo muri Ukraine

Putin yagaragaje ko nta gitutu bariho mu ntambara yabo muri Ukraine

admin
Last updated: September 17, 2022 5:00 am
admin
Share
SHARE

Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya yavuze ko nta gitutu iki gihugu kiriho cyo gusabwa guhagarika ibikora bya gisirikare muri Ukraine.

Putin avuga ko ibikorwa bya gisirikare Uburusiya burimo muri Ukraine nta gitutu gihari cyo kubihagarika

Yavuze ko adateze guhindura uburyo bw’urugamba, ndetse yemeje ko ibikorwa bya gisirikare by’Uburusiya bikomeje kabone nubwo Ukraine yatangije urugamba rwo kubasubiza inyuma.

Vladimir Putin ku wa Gatanu yabibwiye Abanyamakuru ari Samarkand muri Uzbekistan aho yahuriye na Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping w’Ubushinwa ku wa Kane.

Yavuze ko Uburusiya budafite umuhate wo guhagarika ibikorwa burimo muri Ukraine, ndetse ko nta cyahindutse ingabo ze zizakomeza kwigarurira uduce two muri Ukraine.

Ati “Ibikorwa byacu bya gisirikare mu gace ka Donbass ntabwo bizahagarara, biragenda gahoro,…Igisirikare cy’Uburusiya kigenda gifata uduce dushya.”

Putin yakomeje ati “Ndavuga ko tutarwanisha ingabo zacu zose. Dukoresha abasirikare bafite amasezerano y’akazi.”

Yavuze ko Uburusiya bukomeza kureba iherezo ry’ibitero bishya bya Ukraine bigamije gusubiza inyuma ingabo zabwo no kuzirukana mu bice zafashe.

Ati “Itegurwa ry’ibikorwa ntirikeneye impinduka, nta gitutu turiho.”

Putin yavuze ko intego nyamukuru y’Uburusiya ari ukubohoza agace ka Donbass.

Aha ni ahantu higanje ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hakaba hafatanyije uduce twa Luhansk, ubu kagenzurwa n’Abarusiya, ndetse na Donetsk, itarafatwa yose n’ingabo z’Uburusiya.

Ku wa Kane ubwo Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, Vladimir Putin w’Uburusiya na Perezida wa Mongolia, Ukhnaa Khurelsukh bafataga ifoto bari hamwe mu Mujyi wa Samarkand
Uburusiya n’Ubushinwa byiyemeje gukorana

IVOMO: BFMTV.COM

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • musema says:
    September 17, 2022 at 10:19 am

    Nta muntu n’umwe wamenya uko iyi ntambara izarangira.Abasesenguzi benshi bahamya ko Putin ajyana isi ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo bazarwanisha bombes atomiques isi yose igashira.Gusa nkuko ijambo ryayo rivuga,Imana ntabwo yakwemera ko abantu batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose zo ku isi,hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Niyo Armageddon ivugwa muli bibiliya.Birashoboka cyane ko yegereje iyo urebye ibirimo kubera ku isi biteye ubwoba.Turusheho gushaka imana,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi,kugirango tuzarokoke kuli uwo munsi uteye ubwoba cyane nkuko Yoweli igice cya 2,umurongo wa 11 havuga.

    Reply
  • musema says:
    September 17, 2022 at 10:19 am

    Nta muntu n’umwe wamenya uko iyi ntambara izarangira.Abasesenguzi benshi bahamya ko Putin ajyana isi ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo bazarwanisha bombes atomiques isi yose igashira.Gusa nkuko ijambo ryayo rivuga,Imana ntabwo yakwemera ko abantu batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose zo ku isi,hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Niyo Armageddon ivugwa muli bibiliya.Birashoboka cyane ko yegereje iyo urebye ibirimo kubera ku isi biteye ubwoba.Turusheho gushaka imana,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi,kugirango tuzarokoke kuli uwo munsi uteye ubwoba cyane nkuko Yoweli igice cya 2,umurongo wa 11 havuga.

    Reply
  • Dina says:
    September 24, 2022 at 2:29 am

    Urakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?