BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Putin yagaragaje ko nta gitutu bariho mu ntambara yabo muri Ukraine

Putin yagaragaje ko nta gitutu bariho mu ntambara yabo muri Ukraine

admin
Last updated: September 17, 2022 5:00 am
admin
Share
SHARE

Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya yavuze ko nta gitutu iki gihugu kiriho cyo gusabwa guhagarika ibikora bya gisirikare muri Ukraine.

Putin avuga ko ibikorwa bya gisirikare Uburusiya burimo muri Ukraine nta gitutu gihari cyo kubihagarika

Yavuze ko adateze guhindura uburyo bw’urugamba, ndetse yemeje ko ibikorwa bya gisirikare by’Uburusiya bikomeje kabone nubwo Ukraine yatangije urugamba rwo kubasubiza inyuma.

Vladimir Putin ku wa Gatanu yabibwiye Abanyamakuru ari Samarkand muri Uzbekistan aho yahuriye na Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping w’Ubushinwa ku wa Kane.

Yavuze ko Uburusiya budafite umuhate wo guhagarika ibikorwa burimo muri Ukraine, ndetse ko nta cyahindutse ingabo ze zizakomeza kwigarurira uduce two muri Ukraine.

Ati “Ibikorwa byacu bya gisirikare mu gace ka Donbass ntabwo bizahagarara, biragenda gahoro,…Igisirikare cy’Uburusiya kigenda gifata uduce dushya.”

Putin yakomeje ati “Ndavuga ko tutarwanisha ingabo zacu zose. Dukoresha abasirikare bafite amasezerano y’akazi.”

Yavuze ko Uburusiya bukomeza kureba iherezo ry’ibitero bishya bya Ukraine bigamije gusubiza inyuma ingabo zabwo no kuzirukana mu bice zafashe.

Ati “Itegurwa ry’ibikorwa ntirikeneye impinduka, nta gitutu turiho.”

Putin yavuze ko intego nyamukuru y’Uburusiya ari ukubohoza agace ka Donbass.

Aha ni ahantu higanje ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hakaba hafatanyije uduce twa Luhansk, ubu kagenzurwa n’Abarusiya, ndetse na Donetsk, itarafatwa yose n’ingabo z’Uburusiya.

Ku wa Kane ubwo Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, Vladimir Putin w’Uburusiya na Perezida wa Mongolia, Ukhnaa Khurelsukh bafataga ifoto bari hamwe mu Mujyi wa Samarkand
Uburusiya n’Ubushinwa byiyemeje gukorana

IVOMO: BFMTV.COM

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • musema says:
    September 17, 2022 at 10:19 am

    Nta muntu n’umwe wamenya uko iyi ntambara izarangira.Abasesenguzi benshi bahamya ko Putin ajyana isi ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo bazarwanisha bombes atomiques isi yose igashira.Gusa nkuko ijambo ryayo rivuga,Imana ntabwo yakwemera ko abantu batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose zo ku isi,hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Niyo Armageddon ivugwa muli bibiliya.Birashoboka cyane ko yegereje iyo urebye ibirimo kubera ku isi biteye ubwoba.Turusheho gushaka imana,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi,kugirango tuzarokoke kuli uwo munsi uteye ubwoba cyane nkuko Yoweli igice cya 2,umurongo wa 11 havuga.

    Reply
  • musema says:
    September 17, 2022 at 10:19 am

    Nta muntu n’umwe wamenya uko iyi ntambara izarangira.Abasesenguzi benshi bahamya ko Putin ajyana isi ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo bazarwanisha bombes atomiques isi yose igashira.Gusa nkuko ijambo ryayo rivuga,Imana ntabwo yakwemera ko abantu batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose zo ku isi,hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Niyo Armageddon ivugwa muli bibiliya.Birashoboka cyane ko yegereje iyo urebye ibirimo kubera ku isi biteye ubwoba.Turusheho gushaka imana,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi,kugirango tuzarokoke kuli uwo munsi uteye ubwoba cyane nkuko Yoweli igice cya 2,umurongo wa 11 havuga.

    Reply
  • Dina says:
    September 24, 2022 at 2:29 am

    Urakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

3 Min Read
Mu mahanga

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

2 Min Read
Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?