BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > ASAS Djibouti Télécom yageze i Kigali yakirwa na Joseph

ASAS Djibouti Télécom yageze i Kigali yakirwa na Joseph

admin
Last updated: September 16, 2022 9:00 am
admin
Share
SHARE

Ikipe ya ASAS Djibouti Télécom yo muri Djibouti yageze mu Rwanda yakirwa n’umuyobozi w’abafana ba AS Kigali FC, Nshimiye Joseph mu gihe aba Ferwafa babuze.

Ubwo ASAS Djibouti Télécom yageraga i Kigali yakiriwe na Nshimiye Joseph

Ni ikipe yageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, izanye abakinnyi bayo bose bazima kandi bazayifasha mu mukino wo kwishyura w’amarushanwa Nyafurika ahuza amakipe yegukanye ibikombe iwayo, CAF Confederation Cup.

Umukino wo kwishyura utaganyijwe ku Cyumweru tariki 18 Nzeri 2022 kuri Stade mpuzamahanga ya Huye, nyuma yo kunganya 0-0 mu mukino ubanza wabereye muri Djibouti.

AS Kigali FC yageze i Huye ndetse yanatangiye kuhakorera imyitozo.

Iyi kipe kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali, yatanze ubwasisi bwo kwinjirira ubuntu kuri uyu mukino mu myanya yose isigaye havuyemo iy’icyubahiro (VIP) kuko abazahicara bo basabwa kwishyura ibihumbi 10 Frw ariko bakazanabona icyo kurya no kunywa.

Abazinjirira ubuntu biyandikishaga banyuze kuri *939# ndetse ni bwo buryo bukoreshwa n’abagura amatike ya VIP agura ibihumbi 10 Frw.
Ku munsi w’umukino, hazaba kandi hari ibyo kurya no kunywa muri Stade Huye.

Ikipe izaba gusezerera indi hagati ya AS Kigali na ASAS Djibouti Télécom izahita ihura na Al Nasry yo mu Libya mu ijonjora rizakurikira.

Joseph ubwo yasuhuzanyaga n’umuyobozi wa ASAS Télécom

Abarundi bayikira yabazanye
Bageze i Kigali mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu
Abazayifasha bose yabazanye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?