BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abaganga ‘bahangayikishijwe’ n’ubuzima bw’umwamikazi w’Ubwongereza

Abaganga ‘bahangayikishijwe’ n’ubuzima bw’umwamikazi w’Ubwongereza

admin
Last updated: September 8, 2022 5:55 pm
admin
Share
SHARE

Abaganga bakurikiranye ubuzima bw’Umwamikazi Elizabeth II batangaje ko bahangayitse kubera ko uyu mukecuru w’imyaka 96 atameze neza.

Ubuzima bw’umwamikazi Elizabeth II w’Ubwongereza bumeze nabi

Umwamikazi Elizabeth II akurikiranwe n’abaganga aho atuye nyuma yo kugaragaza impungenge ku buzima bwe.

Itangazo ryasohowe n’i Bwami kuri uyu wa kane rivuga ko “Nyuma y’isuzuma ryakozwe muri iki gitondo, abaganga b’Umwamikazi bahangayikishijwe n’ubuzima bwa Nyiricyubahiro, kandi bamusabye ko yakomeza kugenzurwa n’abavuzi.”

Iri tangazo ryavuze ko Umwamikazi Elizabeth II arwariye mu gace ka Balmoral muri Scotland. Igikomangoma Charles n’umugore wacyo Camilla bagiye kumuba iruhande.

Prince William n’umugore we Katte Middleton nabo bari mu nzira berekeza i Balmoral muri Scotland.

Nk’uko umuvugizi w’aba bombi abitangaza, Harry na Meghan, bari mu birori by’ubugiraneza , ubu bagiye i Balmoral. Abandi bagize umuryango berekeje mu ngoro y’i Bwami.

Arkiyepiskopi wa Westminster, Karidinali Vincent Nichols, umuyobozi wa kiliziya Gatolika mu Bwongereza, mu ijambo rye yavuze ko “ahangayikishijwe no kumva amakuru ajyanye n’ubuzima bwa Nyiricyubahiro Umwamikazi.”

Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza Liz Truss mu butumwa yanditse kuri Twitter yagize ati “Ibitekerezo byanjye n’ibitekerezo by’abantu hirya no hino mu Bwongereza, turi kumwe na Nyiricyubahiro Umwamikazi n’umuryango we muri iki gihe.” 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?