BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gatsibo: Bafashwe barya ‘brochettes’ z’imbwa banaziha abandi

Gatsibo: Bafashwe barya ‘brochettes’ z’imbwa banaziha abandi

admin
Last updated: September 6, 2022 3:19 pm
admin
Share
SHARE

Abasore babiri bo mu Karere ka Gatsibo, bafunzwe bakekwaho kurya inyama z’imbwa bakazigaburira abandi babeshya ko ari inyama z’ihene.

Abashumba babiri bafunzwe bazira kurya imbwa no kuyigaburira abandi

Aba basore ni  Ntawuhigimana Eric w’imyaka 24 na Karegeya Faustin w’imyaka 22 bafashwe barimo barya izo nyama.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko aba basore ari abashumba b’inka mu ifamu y’ahitwa i Rugarama mu Karere ka Gatsibo, bafashwe tariki ya 5 Nzeri 2022.

Kugira ngo bimenyekane ko ari inyama z’imbwa, byaturutse kuri bagenzi babo 2 baje basanga barimo kurya izo nyama, hanyuma babasaba ko babaha nabo bakaryaho.

Nyuma haje kuza umugabo uhagarariye ifamu iri hafi aho, ababaza izo nyama bari kurya aho bazikuye bamubeshya ko ari iz’ihene.

Haje kuvuka impaka hagati yabo, biza kuba ngombwa ko abasaba kumwereka uruhu rwayo.

Nyuma baje kuva ku izima berekana aho bakuye izo nyama bagiye mu ishyamba riri hafi aho, basanga ni imbwa babaze kuko babonye uruhu n’umutwe wayo.

SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko abaturage bahise babafata babashyikiriza Polisi, nayo ibageza kuri RIB ikorera muri aka Karere ka Gatsibo.

Ati “Abaturage babashyikirije Polisi, ubu bagejejwe kuri RIB ngo babakoreho iperereza bababaze icyatumye babaga iyi mbwa”.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?