BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Urukundo rwongeye kugurumana hagati ya Grand P na Euxodie- AMAFOTO

Urukundo rwongeye kugurumana hagati ya Grand P na Euxodie- AMAFOTO

admin
Last updated: September 5, 2022 11:14 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi w’icyamamare muri Guinée Konakry witwa Moussa Sandiana Kaba wamamaye nka Grand P nyuma y’igihe bivugwa ko yatandukanye n’umukunzi we, bongeye kugaragara barya iraha ku mucanga.

Grand P na Euxodie yawo ibishashi by’urukundo byongeye kugurumana

Eudoxie Yao ufite imiterere n’ikibuno bidasanzwe, yongeye kugaragara ari kumwe na Grand P ku nkengero z’ikiyaga bagiye kurya ubuzima, bakina iby’abakundana ,ubonako bishimanye.

Uyu Grand P wagize uburwayi bwatumye atabasha gukura uko bikwiriye, akundana n’uyu munya Cote d’Ivoire ufite imiterere idasanzwe, bakundanye benshi bagira ngo ni urwenya.

Eudoxie Yao usanzwe ari umunyamideli akaba n’umuririmbyi ni we wagaragaje bwa mbere ko yatandukanye n’umukunzi we kuri Facebook.

Yaranditse ati “Nshaka kubatangariza ko nta mukunzi mfite, kandi ntabwo ndi ku isoko ryo gushaka umukunzi. Nshaka kwita cyane ku muziki.”

Ntabwo aba bombi icyatumye batandukanye cyigeze gitangazwa gusa hari amakuru avuga ko Grand P yaciye inyuma umukunzi we.

Mu rwego rwo guca amazimwe, aba bombi bahuriye ku mucanga maze bakina udukino tw’urukundo baha ubutumwa abagera intorezo urukundo rwabo.

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe muri Afurika y’Iburengerazuba ubwo yambikaga impeta umukunzi we byabereye imbonankubone kuri Televiziyo.

Grand P na Euxodie Yao bagiye batandukana inshuro nyinshi bakongera bakagaragaza amafoto bari mu munyenga w’urukundo.

Grand P aherutse gutangaza ko ashaka kwinjira muri politiki ndetse yemeza ko mu matora ataha yo mu 2025 yo gushaka uzasimbura Alpha Condé aziyamamariza kuyobora igihugu.

Grand P w’imyaka 32 yamenyekanye cyane kubera uko agaragara biturutse ku kuba yaravukanye uburwayi bwa ‘progeria’.

Progeria ni indwara ivukanwa idakunze kuboneka kuko ku Isi yose abayirwaye ari bake. Uyifite agira impinduka ku miterere y’umubiri we ndetse akagaragaza ibimenyetso byo gusaza mu buryo bwihuse nubwo yaba akiri umwana muto.

Umunyamideli Euxodie yasubiye mu rukundo na Grand P
Byavugwaga ko Grand P aca inyuma umukunzi we
Iyo bari kumwe ngo Grand P aba ari mu ‘kajuru gato’

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?