BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Urukundo rwongeye kugurumana hagati ya Grand P na Euxodie- AMAFOTO

Urukundo rwongeye kugurumana hagati ya Grand P na Euxodie- AMAFOTO

admin
Last updated: September 5, 2022 11:14 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi w’icyamamare muri Guinée Konakry witwa Moussa Sandiana Kaba wamamaye nka Grand P nyuma y’igihe bivugwa ko yatandukanye n’umukunzi we, bongeye kugaragara barya iraha ku mucanga.

Grand P na Euxodie yawo ibishashi by’urukundo byongeye kugurumana

Eudoxie Yao ufite imiterere n’ikibuno bidasanzwe, yongeye kugaragara ari kumwe na Grand P ku nkengero z’ikiyaga bagiye kurya ubuzima, bakina iby’abakundana ,ubonako bishimanye.

Uyu Grand P wagize uburwayi bwatumye atabasha gukura uko bikwiriye, akundana n’uyu munya Cote d’Ivoire ufite imiterere idasanzwe, bakundanye benshi bagira ngo ni urwenya.

Eudoxie Yao usanzwe ari umunyamideli akaba n’umuririmbyi ni we wagaragaje bwa mbere ko yatandukanye n’umukunzi we kuri Facebook.

Yaranditse ati “Nshaka kubatangariza ko nta mukunzi mfite, kandi ntabwo ndi ku isoko ryo gushaka umukunzi. Nshaka kwita cyane ku muziki.”

Ntabwo aba bombi icyatumye batandukanye cyigeze gitangazwa gusa hari amakuru avuga ko Grand P yaciye inyuma umukunzi we.

Mu rwego rwo guca amazimwe, aba bombi bahuriye ku mucanga maze bakina udukino tw’urukundo baha ubutumwa abagera intorezo urukundo rwabo.

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe muri Afurika y’Iburengerazuba ubwo yambikaga impeta umukunzi we byabereye imbonankubone kuri Televiziyo.

Grand P na Euxodie Yao bagiye batandukana inshuro nyinshi bakongera bakagaragaza amafoto bari mu munyenga w’urukundo.

Grand P aherutse gutangaza ko ashaka kwinjira muri politiki ndetse yemeza ko mu matora ataha yo mu 2025 yo gushaka uzasimbura Alpha Condé aziyamamariza kuyobora igihugu.

Grand P w’imyaka 32 yamenyekanye cyane kubera uko agaragara biturutse ku kuba yaravukanye uburwayi bwa ‘progeria’.

Progeria ni indwara ivukanwa idakunze kuboneka kuko ku Isi yose abayirwaye ari bake. Uyifite agira impinduka ku miterere y’umubiri we ndetse akagaragaza ibimenyetso byo gusaza mu buryo bwihuse nubwo yaba akiri umwana muto.

Umunyamideli Euxodie yasubiye mu rukundo na Grand P
Byavugwaga ko Grand P aca inyuma umukunzi we
Iyo bari kumwe ngo Grand P aba ari mu ‘kajuru gato’

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?