BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > America yahawe umugabo yashyiriyeho miliyoni y’amadolari ku uzamubona

America yahawe umugabo yashyiriyeho miliyoni y’amadolari ku uzamubona

admin
Last updated: September 5, 2022 8:03 am
admin
Share
SHARE

Inzego z’ubuyobozi muri Kenya zashyikirije America umugabo washakishwaga cyane ndetse wari washyiriweho miliyoni y’amadolari ku muntu uzatanga amakuru yo kumufata.

Abdi Hussein Ahmed, bita Abu Khadi woherejwe muri America

Abdi Hussein Ahmed, bita Abu Khadi, ni Umunyakenya ukekwaho kwica inyamaswa no kugurisha amahembe yazo.

Polisi ya Kenya yemeje ko mu mpera z’iki Cyumweru yohereje uriya mugabo muri America kugira ngo ajye kwisobanura.

Abdi Hussein Ahmed, bita Abu Khadi, yashakishwaga na America akekwaho uruhare mu kwica inyamaswa z’inkura 35 n’inzovu 100.

Yashyiriweho impapuro zo kumufata we n’abandi bantu batatu, bakekwaho gucuruza amahembe y’inkura n’amahembe y’inzovu bifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amadolari ($7, 000, 000).

Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha muri Kenya, rwatangaje ku Cyumweru ko ku wa Gatandatu rwohereje Abdi Hussein Ahmed, muri America ngo yisobanure ku byaha aregwa.

Abdi Hussein Ahmed, yafashwe ku wa 30 Kanama, mu Burasirazuba bw’Akarere ka Meru nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage dore ko uyu mugabo yari yaratanzweho igihembo cya miliyoni y’amadolari ku muntu uzavuga aho yihishe.

Urukiko rwo muri Kenya rwemeje ko Abdi Hussein Ahmed, yoherezwa muri America tariki 31 Kanama, 2022.

Muri Gicurasi nabwo Kenya yataye muri yombi uwitwa Badru Abdul Azia Saleh, na we wakekwagwaho ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge, ahita anoherezwa muri America.

Ivomo: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?