BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > America yahawe umugabo yashyiriyeho miliyoni y’amadolari ku uzamubona

America yahawe umugabo yashyiriyeho miliyoni y’amadolari ku uzamubona

admin
Last updated: September 5, 2022 8:03 am
admin
Share
SHARE

Inzego z’ubuyobozi muri Kenya zashyikirije America umugabo washakishwaga cyane ndetse wari washyiriweho miliyoni y’amadolari ku muntu uzatanga amakuru yo kumufata.

Abdi Hussein Ahmed, bita Abu Khadi woherejwe muri America

Abdi Hussein Ahmed, bita Abu Khadi, ni Umunyakenya ukekwaho kwica inyamaswa no kugurisha amahembe yazo.

Polisi ya Kenya yemeje ko mu mpera z’iki Cyumweru yohereje uriya mugabo muri America kugira ngo ajye kwisobanura.

Abdi Hussein Ahmed, bita Abu Khadi, yashakishwaga na America akekwaho uruhare mu kwica inyamaswa z’inkura 35 n’inzovu 100.

Yashyiriweho impapuro zo kumufata we n’abandi bantu batatu, bakekwaho gucuruza amahembe y’inkura n’amahembe y’inzovu bifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amadolari ($7, 000, 000).

Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha muri Kenya, rwatangaje ku Cyumweru ko ku wa Gatandatu rwohereje Abdi Hussein Ahmed, muri America ngo yisobanure ku byaha aregwa.

Abdi Hussein Ahmed, yafashwe ku wa 30 Kanama, mu Burasirazuba bw’Akarere ka Meru nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage dore ko uyu mugabo yari yaratanzweho igihembo cya miliyoni y’amadolari ku muntu uzavuga aho yihishe.

Urukiko rwo muri Kenya rwemeje ko Abdi Hussein Ahmed, yoherezwa muri America tariki 31 Kanama, 2022.

Muri Gicurasi nabwo Kenya yataye muri yombi uwitwa Badru Abdul Azia Saleh, na we wakekwagwaho ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge, ahita anoherezwa muri America.

Ivomo: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?