BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Umupfumu yakuyemo ake karenge nyuma y’uko umurwayi aguye iwe

Ruhango: Umupfumu yakuyemo ake karenge nyuma y’uko umurwayi aguye iwe

admin
Last updated: August 29, 2022 10:10 pm
admin
Share
SHARE

Musabyimana Aroni wo mu Mudugudu wa Muhororo, mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Kabagali yagiye kwivuza ku mupfumu witwa Nsanzimana Innocent bigeze mu gitondo basanga yarangije gupfa.

Akarere ka Ruhango kari mu ibara ritukura

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabagali, Gasasira François Regis yabwiye Itangazamakuru ko ayo makuru ari ukuri.

Ahamya ko uyu Musabyimana Aroni yasanze uyu Nsanzimana Innocent mu rugo rw’undi muturage yari acumbitsemo, azanywe no kwivuza mu buryo bwa gakondo arahapfira.

Gitifu Gasasira yavuze ko Nsanzimana Innocent amaze kubona ko Musabyimana Aroni yapfuye yahise atoroka bakaba bakimushakisha.

Gasasira avuga ko uyu Nsanzimana akora ubuvuzi gakondo mu buryo butemewe kuko nta cyangombwa kibimuhera uburenganzira yahawe n’inzego zibishinzwe.

Ati: “Abafite ibyangombwa byemewe ntabwo bafiite uburenganzira bwo gucumbiikira abarwayi ahubwo abashaka ubwo buvuzi gakondo barivuza bagataha.”

Uyu Muyobozi avuga ko Nsanzimana Innocent nta byangombwa yigeze atunga ari nayo mpamvu yafashe icyemezo cyo gutoroka.

Uyu Muyobozi avuga ko  hari abasanzwe  bakora uyu mwuga binyuranyije n’amategeko ariko bakabikora mu ibanga.

Bamwe mu batuye Umudugudu wa Muhororo bavuga ko muri aka gace higanjemo abapfumu, abaturage bakanga kujya kwivuriza kwa Muganga bagahitamo kujya ku bapfumu.

Gasasira uyobora Umurenge wa Kabagali yasabye abivuriza mu bavuzi ba gakondo cyangwa mu bapfumu kubireka, bakagana abaganga bemewe babifitiye ubumenyi.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Ruhango

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?