BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Umupfumu yakuyemo ake karenge nyuma y’uko umurwayi aguye iwe

Ruhango: Umupfumu yakuyemo ake karenge nyuma y’uko umurwayi aguye iwe

admin
Last updated: August 29, 2022 10:10 pm
admin
Share
SHARE

Musabyimana Aroni wo mu Mudugudu wa Muhororo, mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Kabagali yagiye kwivuza ku mupfumu witwa Nsanzimana Innocent bigeze mu gitondo basanga yarangije gupfa.

Akarere ka Ruhango kari mu ibara ritukura

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabagali, Gasasira François Regis yabwiye Itangazamakuru ko ayo makuru ari ukuri.

Ahamya ko uyu Musabyimana Aroni yasanze uyu Nsanzimana Innocent mu rugo rw’undi muturage yari acumbitsemo, azanywe no kwivuza mu buryo bwa gakondo arahapfira.

Gitifu Gasasira yavuze ko Nsanzimana Innocent amaze kubona ko Musabyimana Aroni yapfuye yahise atoroka bakaba bakimushakisha.

Gasasira avuga ko uyu Nsanzimana akora ubuvuzi gakondo mu buryo butemewe kuko nta cyangombwa kibimuhera uburenganzira yahawe n’inzego zibishinzwe.

Ati: “Abafite ibyangombwa byemewe ntabwo bafiite uburenganzira bwo gucumbiikira abarwayi ahubwo abashaka ubwo buvuzi gakondo barivuza bagataha.”

Uyu Muyobozi avuga ko Nsanzimana Innocent nta byangombwa yigeze atunga ari nayo mpamvu yafashe icyemezo cyo gutoroka.

Uyu Muyobozi avuga ko  hari abasanzwe  bakora uyu mwuga binyuranyije n’amategeko ariko bakabikora mu ibanga.

Bamwe mu batuye Umudugudu wa Muhororo bavuga ko muri aka gace higanjemo abapfumu, abaturage bakanga kujya kwivuriza kwa Muganga bagahitamo kujya ku bapfumu.

Gasasira uyobora Umurenge wa Kabagali yasabye abivuriza mu bavuzi ba gakondo cyangwa mu bapfumu kubireka, bakagana abaganga bemewe babifitiye ubumenyi.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Ruhango

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?