BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Umusore yagwiriwe n’ikirombe

Muhanga: Umusore yagwiriwe n’ikirombe

admin
Last updated: August 29, 2022 5:10 pm
admin
Share
SHARE

Ntakirutimana Fiacre w’imyaka 18 wari utuye mu Mudugudu wa Ngororano mu Kagari ka Musongati mu Murenge wa Nyarusange, yagwiriwe n’ikirombe bacukuramo amabuye y’agaciro ahita apfa.

Ibiro by’Akarere ka Muhanga

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange buvuga ko Ntakirutimana Fiacre yacunze abakozi ba Sosiyete AFRICERAMICS LTD  bagiye kugama imvura ajya gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, ahageze ubutaka buhita bumugwaho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange Ruzindana Fiacre yabwiye UMUSEKE ko amakuru y’urupfu rw’uyu musore bayamenye ku mugoroba w’ejo ku Cyumweru bihutira kujya gukuramo umurambo we.

Ruzindana yavuze ko bahageze basanga yarangije gupfa.

Ati “Turasaba abaturage  kwirinda gukora ubucukuzi butemewe, abana batoya nk’aba bakayoboka indi myuga.”

Si ubwa mbere muri uyu Murenge wa Nyarusange abaturage bagwirwa n’ibirombe, kuko mu mezi make hari uwaguyemo amara ibyumweru bitatu biba ngombwa ko hiyambazwa imashini imukuramo.

Cyakora undi musore bari bajyanye w’imyaka 16 y’amavuko yahise atanga amakuru ku gihe hahita hakorwa ubutabazi.

Umurambo wa Ntakirutimana Fiacre wajyanywe mu Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Ruzindana Fiacre yasabye abaturage kwirinda gukora ubucukuzi butemewe ahubwo bakayoboka imyuga
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?