BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Umusore yagwiriwe n’ikirombe

Muhanga: Umusore yagwiriwe n’ikirombe

admin
Last updated: August 29, 2022 5:10 pm
admin
Share
SHARE

Ntakirutimana Fiacre w’imyaka 18 wari utuye mu Mudugudu wa Ngororano mu Kagari ka Musongati mu Murenge wa Nyarusange, yagwiriwe n’ikirombe bacukuramo amabuye y’agaciro ahita apfa.

Ibiro by’Akarere ka Muhanga

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange buvuga ko Ntakirutimana Fiacre yacunze abakozi ba Sosiyete AFRICERAMICS LTD  bagiye kugama imvura ajya gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, ahageze ubutaka buhita bumugwaho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange Ruzindana Fiacre yabwiye UMUSEKE ko amakuru y’urupfu rw’uyu musore bayamenye ku mugoroba w’ejo ku Cyumweru bihutira kujya gukuramo umurambo we.

Ruzindana yavuze ko bahageze basanga yarangije gupfa.

Ati “Turasaba abaturage  kwirinda gukora ubucukuzi butemewe, abana batoya nk’aba bakayoboka indi myuga.”

Si ubwa mbere muri uyu Murenge wa Nyarusange abaturage bagwirwa n’ibirombe, kuko mu mezi make hari uwaguyemo amara ibyumweru bitatu biba ngombwa ko hiyambazwa imashini imukuramo.

Cyakora undi musore bari bajyanye w’imyaka 16 y’amavuko yahise atanga amakuru ku gihe hahita hakorwa ubutabazi.

Umurambo wa Ntakirutimana Fiacre wajyanywe mu Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Ruzindana Fiacre yasabye abaturage kwirinda gukora ubucukuzi butemewe ahubwo bakayoboka imyuga
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?