BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuraperi Bably yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we -AMAFOTO

Umuraperi Bably yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we -AMAFOTO

admin
Last updated: August 29, 2022 4:47 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Bably wamamaye mu ndirimbo ‘Imbohe zizabohoka’, ‘Isezerano rya kera’ n’izindi yasezeranye imbere y’amategeko na Umumararungu Huguette bamenyanye mu myaka 14 itambutse.

Bably na Umumararungu basezeranye imbere y’amategeko 

Umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko kwa Bably na Umumararungu wabereye mu gihugu cya Suède , ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022.

Umumararungu Huguette yasimbuye uwitwa Hasna Umubyeyi basezeranye mu 2017 baza gutandukana nyuma.

Icyo gihe Bably yavuze ko Hasna Umubyeyi ngo batangiye gukundana bakiri ku ntebe y’ishuri ndetse biganye Kaminuza mu yahoze ari KIST.

Mu mwaka wa  2020 uyu muraperi yaje kwambika impeta y’urukundo Umumararungu Huguette amusaba kuzabana akaramata.

Bombi bari basanzwe babana, bafitanye umwana w’umukobwa wujuje umwaka umwe w’amavuko.

Bably yavuze ko yishimiye intambwe yateye ndetse anongeraho ko akomeje imyiteguro y’ubukwe bwe ateganya gukora umwaka utaha.

Ati “Umugore wanjye nishimiye kuba birangiye tubanye mu buryo bwemewe n’amategeko, ni umukobwa twamenyanye mfite imyaka 20 none dusezeranye mfite 34, Imana ifite uko ica inzira zayo.”

Ubukwe bw’umuraperi Bably na Umumararungu Huguette buzabera i Kigali umwaka utaha wa 2023.

Uyu muraperi umaze igihe kinini asa n’utagiha umwanya munini iby’umuziki, asigaye atuye hanze y’u Rwanda aho akorera ubucuruzi n’ibikorwa bitandukanye nka rwiyemezamirimo.

Byari ibyishimo muri uyu muhango wo gusezerana

Aba bombi bari basanzwe babana mu buryo butemewe n’amategeko

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?