BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuraperi Bably yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we -AMAFOTO

Umuraperi Bably yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we -AMAFOTO

admin
Last updated: August 29, 2022 4:47 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Bably wamamaye mu ndirimbo ‘Imbohe zizabohoka’, ‘Isezerano rya kera’ n’izindi yasezeranye imbere y’amategeko na Umumararungu Huguette bamenyanye mu myaka 14 itambutse.

Bably na Umumararungu basezeranye imbere y’amategeko 

Umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko kwa Bably na Umumararungu wabereye mu gihugu cya Suède , ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022.

Umumararungu Huguette yasimbuye uwitwa Hasna Umubyeyi basezeranye mu 2017 baza gutandukana nyuma.

Icyo gihe Bably yavuze ko Hasna Umubyeyi ngo batangiye gukundana bakiri ku ntebe y’ishuri ndetse biganye Kaminuza mu yahoze ari KIST.

Mu mwaka wa  2020 uyu muraperi yaje kwambika impeta y’urukundo Umumararungu Huguette amusaba kuzabana akaramata.

Bombi bari basanzwe babana, bafitanye umwana w’umukobwa wujuje umwaka umwe w’amavuko.

Bably yavuze ko yishimiye intambwe yateye ndetse anongeraho ko akomeje imyiteguro y’ubukwe bwe ateganya gukora umwaka utaha.

Ati “Umugore wanjye nishimiye kuba birangiye tubanye mu buryo bwemewe n’amategeko, ni umukobwa twamenyanye mfite imyaka 20 none dusezeranye mfite 34, Imana ifite uko ica inzira zayo.”

Ubukwe bw’umuraperi Bably na Umumararungu Huguette buzabera i Kigali umwaka utaha wa 2023.

Uyu muraperi umaze igihe kinini asa n’utagiha umwanya munini iby’umuziki, asigaye atuye hanze y’u Rwanda aho akorera ubucuruzi n’ibikorwa bitandukanye nka rwiyemezamirimo.

Byari ibyishimo muri uyu muhango wo gusezerana

Aba bombi bari basanzwe babana mu buryo butemewe n’amategeko

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?