BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Umuraperi Bably yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we -AMAFOTO

Umuraperi Bably yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we -AMAFOTO

admin
Last updated: August 29, 2022 4:47 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Bably wamamaye mu ndirimbo ‘Imbohe zizabohoka’, ‘Isezerano rya kera’ n’izindi yasezeranye imbere y’amategeko na Umumararungu Huguette bamenyanye mu myaka 14 itambutse.

Bably na Umumararungu basezeranye imbere y’amategeko 

Umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko kwa Bably na Umumararungu wabereye mu gihugu cya Suède , ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022.

Umumararungu Huguette yasimbuye uwitwa Hasna Umubyeyi basezeranye mu 2017 baza gutandukana nyuma.

Icyo gihe Bably yavuze ko Hasna Umubyeyi ngo batangiye gukundana bakiri ku ntebe y’ishuri ndetse biganye Kaminuza mu yahoze ari KIST.

Mu mwaka wa  2020 uyu muraperi yaje kwambika impeta y’urukundo Umumararungu Huguette amusaba kuzabana akaramata.

Bombi bari basanzwe babana, bafitanye umwana w’umukobwa wujuje umwaka umwe w’amavuko.

Bably yavuze ko yishimiye intambwe yateye ndetse anongeraho ko akomeje imyiteguro y’ubukwe bwe ateganya gukora umwaka utaha.

Ati “Umugore wanjye nishimiye kuba birangiye tubanye mu buryo bwemewe n’amategeko, ni umukobwa twamenyanye mfite imyaka 20 none dusezeranye mfite 34, Imana ifite uko ica inzira zayo.”

Ubukwe bw’umuraperi Bably na Umumararungu Huguette buzabera i Kigali umwaka utaha wa 2023.

Uyu muraperi umaze igihe kinini asa n’utagiha umwanya munini iby’umuziki, asigaye atuye hanze y’u Rwanda aho akorera ubucuruzi n’ibikorwa bitandukanye nka rwiyemezamirimo.

Byari ibyishimo muri uyu muhango wo gusezerana

Aba bombi bari basanzwe babana mu buryo butemewe n’amategeko

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?