BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abatoza bafite Licence C mu Rwanda bararira ayo kwarika

Abatoza bafite Licence C mu Rwanda bararira ayo kwarika

admin
Last updated: August 29, 2022 11:59 am
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kumara imyaka Irindwi nta mahugurwa ya Licence B CAF akorwa, abatoza bafite Licence C CAF batangiye gushakira ibisubizo mu bindi bihugu by’ibituranyi by’u Rwanda.

Muhire Hassana na Banamwana Camarade bari gukorera Licence B CAF i Burundi

Mu Rwanda hakomeje gutangwa amahugurwa menshi y’abatoza batangira umwuga wo gutangira gutoza [Licence D] na Licence C CAF ariko ayo gukorera Licence B CAF akomeje kuba ingume.

Nyuma yo kumara imyaka Irindwi nta mahugurwa ya Licence B CAF, bamwe mu batoza b’Abanyarwanda bahisemo kujya gushaka amahugurwa hanze y’u Rwanda kuko imbere mu Gihugu amaso yaheze mu kirere.

Bamwe  mu batoza b’Abanyarwanda bari gukora amahugurwa ya Licence B CAF  hanze y’u Rwanda, ni Banamwana Camarade na Muhire Hassan bombi bari i Burundi.

Kuki u Rwanda rumaze imyaka Irindwi rudakoresha amahugurwa ya Licence B CAF?

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, ni uko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika, CAF, yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, kubanza gushyiraho Umuyobozi wa tekinike mushya ku rwego rw’Igihugu [DTN kugira ngo u Rwanda rwemererwe gukoresha amahugurwa ya Licence B CAF.

Ikindi kiri mu mpamvu zituma iyo myaka yose ishize nta mahugurwa akoreshwa mu Rwanda ya Licence B CAF, harimo n’uburangare bwa Ferwafa, cyane ko abatoza benshi bari mu Rwanda ari abafite Licence C CAF n’abafite Licence D.

Habimana Hussein uheruka kuba DTN wa Ferwafa, yari yagizwe umuyobozi wa tekinike muri iri shyirahamwe muri Nyakanga 2018 atsinze abandi Banyarwanda batanu bari basabye uwo mwanya barimo Mbabazi Alain, Muhire Hassan wahoze atoza Miroplast FC, Seninga Innocent utoza Musanze FC, Rukundo Eugène na Uwambaza Jean Marie Vianney we utarabashije no kwitabira ikizamini cyo kuvuga.

Biteganyijwe ko bazagaruka mu Rwanda tariki 3 Nzeri 2022 basoje icyiciro cya Mbere cy’amahugurwa, bazasubireyo basoje imikino ibanza ya shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri.

Abatoza ba Licence C CAF bamaze kuba benshi ariko amahugurwa ya Licence B CAF aracyari make
Abatoza bafite Licence D bamaze kuba benshi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?