BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yakiriye abakozi ba FIFA

Ferwafa yakiriye abakozi ba FIFA

admin
Last updated: August 26, 2022 8:45 am
admin
Share
SHARE

Abayobozi b’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, bakiriye abakozi b’Ishyirahamwe Mpuzamahanga y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, mu rwego rwo kureba aho imyiteguro yo kuzakira Kongere y’iri shyirahamwe igeze.

Itsinda ry’abaturutse muri FIFA ryaganiriye na Ferwafa ku myiteguro yo kuzakira Kongere ya 73 izabera mu Rwanda mu mwaka utaha

Ibicishije ku rukuta rwa Twitter, Ferwafa yatangaje ko ku Gatatu tariki 24 Kanama 2022, yakiriye itsinda ry’abakozi bari baturutse muri FIFA baje kuganira ku myiteguro yo kuzakira inama y’uru rwego izaba mu mwaka utaha.

Ferwafa yagize iti “Ku munsi w’ejo [tariki 24 Kanama], itsinda riyobowe n’umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya FIFA, Bwana Frank ryahuye n’itsinda rya Ferwafa riyobowe na Perezida Mugabo Olivier, igamije gutangiza inama yo kuganira ku myiteguro ya Kongere ya 73 ya FIFA izaba ku ya 16/03/2023 i Kigali.”

Iyi nama yibanze ku ngingo zirimo gahunda yose y’imyiteguro yo kuzakira iyi Kongere ya 73 ya FIFA izabera mu Rwanda, mu ijambo rye perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier yijeje itsinda ry’abantu bavuye muri FIFA ko ishyirahamwe ayobora rizakora buri kimwe kizatuma iyi Kongere igenda neza.

Ni ku nshuro ya Mbere Kongere ya FIFA igiye kubera mu Rwanda, nyuma y’aho u Rwanda muri Gicurasi 2021 rwaherukaga kwakira inama ya Komite Nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika, CAF.

Perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier ni we wayoboye iyi nama
Minisports yari ihagarariwe muri iyi nama
Inama yaganiriwemo imyiteguro yo kuzakira Kongere ya 73 ya FIFA izabera mu Rwanda umwaka utaha
Abaturutse muri FIFA baje kureba aho imyiteguro igeze

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?