BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yakiriye abakozi ba FIFA

Ferwafa yakiriye abakozi ba FIFA

admin
Last updated: August 26, 2022 8:45 am
admin
Share
SHARE

Abayobozi b’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, bakiriye abakozi b’Ishyirahamwe Mpuzamahanga y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, mu rwego rwo kureba aho imyiteguro yo kuzakira Kongere y’iri shyirahamwe igeze.

Itsinda ry’abaturutse muri FIFA ryaganiriye na Ferwafa ku myiteguro yo kuzakira Kongere ya 73 izabera mu Rwanda mu mwaka utaha

Ibicishije ku rukuta rwa Twitter, Ferwafa yatangaje ko ku Gatatu tariki 24 Kanama 2022, yakiriye itsinda ry’abakozi bari baturutse muri FIFA baje kuganira ku myiteguro yo kuzakira inama y’uru rwego izaba mu mwaka utaha.

Ferwafa yagize iti “Ku munsi w’ejo [tariki 24 Kanama], itsinda riyobowe n’umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya FIFA, Bwana Frank ryahuye n’itsinda rya Ferwafa riyobowe na Perezida Mugabo Olivier, igamije gutangiza inama yo kuganira ku myiteguro ya Kongere ya 73 ya FIFA izaba ku ya 16/03/2023 i Kigali.”

Iyi nama yibanze ku ngingo zirimo gahunda yose y’imyiteguro yo kuzakira iyi Kongere ya 73 ya FIFA izabera mu Rwanda, mu ijambo rye perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier yijeje itsinda ry’abantu bavuye muri FIFA ko ishyirahamwe ayobora rizakora buri kimwe kizatuma iyi Kongere igenda neza.

Ni ku nshuro ya Mbere Kongere ya FIFA igiye kubera mu Rwanda, nyuma y’aho u Rwanda muri Gicurasi 2021 rwaherukaga kwakira inama ya Komite Nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika, CAF.

Perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier ni we wayoboye iyi nama
Minisports yari ihagarariwe muri iyi nama
Inama yaganiriwemo imyiteguro yo kuzakira Kongere ya 73 ya FIFA izabera mu Rwanda umwaka utaha
Abaturutse muri FIFA baje kureba aho imyiteguro igeze

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?