BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Étienne Ndayiragije akemanga imisifurire ya Uwikunda Samuel

Étienne Ndayiragije akemanga imisifurire ya Uwikunda Samuel

admin
Last updated: August 24, 2022 12:27 pm
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru w’ikipe ya Bugesera FC, Ndayiragije Étienne, ubwo ikipe ye yatsindwaga na Kiyovu Sports ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa Mbere wa shampiyona, yavuze ko uwari umusifuzi mpuzamahanga w’uyu mukino, Uwikunda Samuel yabogamye nkana.

Étienne Ndayiragije ahamya ko Uwikunda Samuel atamubaniye ku mukino wa Kiyovu Sports

Ku wa Gatandatu tariki 20 Kanama 2022, ni bwo ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Bugesera FC ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa Mbere wa shampiyona.

Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Bugesera, ikipe ya Bugesera FC ntabwo yorohewe kuko mu minota itanu gusa yari imaze guhabwa amakarita ane y’umuhondo, ku munota wa Gatandatu ihabwa ikarita itukura.

Ibi byabaye kuri iyi kipe, byatumye umutoza mukuru wa yo, Ndayiragije Étienne, yabwiye UMUSEKE ko ibyo umusifuzi mpuzamahanga, Uwikunda Samuel yakoze bidakwiye kuko yorohereje iyo bari bahuye [Kiyovu Sports].

Yagize ati “Uretse ibibazo twabanje kugira, ariko habayeho igitutu cyaturutse ku musifuzi. Kuko yatumye abana bava mu mukino bararekura. Ni ubwa mbere mbonye umukino mu minota itanu umusifuzi atanga amakarita y’umuhondo ane, ku wa Gatandatu ikarita y’umutuku ku ikosa ryari kure y’izamu.”

Yakomeje agira ati “Amakosa nk’ayo twakoze na Kiyovu Sports yayakoraga ariko ukabona umusifuzi arakomeza kubyirengagiza. Ntakundi twabyakiriye reka dutegure umukino uzakurikira.”

Mu mwaka ushize w’imikino 2021/2022, hakunze kuvugwa ibibazo by’imisifurire kugeza aho bamwe mu basifuzi bahagaritswe mu bihe bitandukanye ariko basoje ibihano bagaruka gusifura.

Étienne ati ni ubwa Mbere nabonye umusifuzi utanga amakarita 4 y’umuhondo mu minota itanu gusa

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?