BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Étienne Ndayiragije akemanga imisifurire ya Uwikunda Samuel

Étienne Ndayiragije akemanga imisifurire ya Uwikunda Samuel

admin
Last updated: August 24, 2022 12:27 pm
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru w’ikipe ya Bugesera FC, Ndayiragije Étienne, ubwo ikipe ye yatsindwaga na Kiyovu Sports ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa Mbere wa shampiyona, yavuze ko uwari umusifuzi mpuzamahanga w’uyu mukino, Uwikunda Samuel yabogamye nkana.

Étienne Ndayiragije ahamya ko Uwikunda Samuel atamubaniye ku mukino wa Kiyovu Sports

Ku wa Gatandatu tariki 20 Kanama 2022, ni bwo ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Bugesera FC ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa Mbere wa shampiyona.

Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Bugesera, ikipe ya Bugesera FC ntabwo yorohewe kuko mu minota itanu gusa yari imaze guhabwa amakarita ane y’umuhondo, ku munota wa Gatandatu ihabwa ikarita itukura.

Ibi byabaye kuri iyi kipe, byatumye umutoza mukuru wa yo, Ndayiragije Étienne, yabwiye UMUSEKE ko ibyo umusifuzi mpuzamahanga, Uwikunda Samuel yakoze bidakwiye kuko yorohereje iyo bari bahuye [Kiyovu Sports].

Yagize ati “Uretse ibibazo twabanje kugira, ariko habayeho igitutu cyaturutse ku musifuzi. Kuko yatumye abana bava mu mukino bararekura. Ni ubwa mbere mbonye umukino mu minota itanu umusifuzi atanga amakarita y’umuhondo ane, ku wa Gatandatu ikarita y’umutuku ku ikosa ryari kure y’izamu.”

Yakomeje agira ati “Amakosa nk’ayo twakoze na Kiyovu Sports yayakoraga ariko ukabona umusifuzi arakomeza kubyirengagiza. Ntakundi twabyakiriye reka dutegure umukino uzakurikira.”

Mu mwaka ushize w’imikino 2021/2022, hakunze kuvugwa ibibazo by’imisifurire kugeza aho bamwe mu basifuzi bahagaritswe mu bihe bitandukanye ariko basoje ibihano bagaruka gusifura.

Étienne ati ni ubwa Mbere nabonye umusifuzi utanga amakarita 4 y’umuhondo mu minota itanu gusa

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?