BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Ndayishimiye avuga ko Imana itazemera ko bicwa n’ibura rya Peteroli

Perezida Ndayishimiye avuga ko Imana itazemera ko bicwa n’ibura rya Peteroli

admin
Last updated: August 23, 2022 7:20 pm
admin
Share
SHARE

Umukuru w’Igihugu cy’uBurundi, Nyiricyubahiro Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi kugumana icyizere mu gihe bari mu bigeragezo birimo ibyatewe n’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli muri kiriya gihugu.

Perezida Evariste Ndayishimiye asaba Abarundi gufashanya mu bihe bitoroshye

Perezida Evariste Ndayishimiye yabwiye Abarundi ko ibigeragezo bihoraho kandi ko “Imana itibagirwa abayo.” badakwiriye kwiheba na busa.

Mu mashusho yashyizwe kuri Twittter y’Ibiro by’Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, agaragaza asaba Abarundi gushyitsa umutima munda, ntibakangwe n’ibibazo by’ubukene byugarije igihugu cye.

Yagize ati “Uri mu rugendo ukabona akagorane gato mugapararangana, nkababwira ngo rema (tuza) Imana niyo yabiremye kandi Niyibizi.”

Perezida Ndayishimiye yatanze urugero rw’inyoni zo mu kirere zidahinga cyangwa ngo zisarure ariko zikaba zitarwara bwaki.

Ati “Inyoni y’umunwa usongoye, itagira ubwenge Imana ikanga ko irwara bwaki kandi idahinga , none wowe umwana w’umuntu Imana yaremye mu ishusho ryayo ni wowe yahebye ?”

Yongeyeho ko “Ibigeragezo bigomba kuba kugira ngo Imana ibacishe bugufi.”

Yifashishije ingero zo muri Bibiliya zigaragaza uko Imana yacishije bugufi Abisiraheli kugira ngo bayigandukire ubwo bari barayiteye umugongo.

Yabajije abari mu ikoraniro nimba hari uwapfuye kubera ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli abibutsa ko n’ibihugu bikize biri mu marira.

Ati “Ko muvuga ngo igitoro kirakennye murapfuye ?  Nta barira kandi batunze, aho mwavuze ngo Imana iradukunda.”

Yabasabye kwibuka ukuntu bahangayikishijwe na Covid-19 ubwo yababwiraga ko Imana ariyo nkuru abasaba kwizera Imana kuruta ibindi byose.

Ati “Nimwibuke Covid, mwese ntimwapararanganye ? nakomeje kubabwira ngo Mungu Mkubwa, Mungu Yupo.”

Ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli rikomeje kubera umuzigo Leta ya Gitega, ibiciro by’ibicuruzwa byose byatumbagiye.

Perezida Ndayishimiye avuga ko iki kibazo mu gihe cy’ukwezi kumwe kizaba amateka, kuva kuri uyu wa mbere amakamyo atwara ibikomoka kuri peteroli yatangiye kwinjiza mu Burundi ibikomoka kuri peteroli aturutse muri Tanzaniya.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • mapike says:
    August 24, 2022 at 1:57 pm

    Nyakubahwa President,Imana ifite igihe izakuriraho ibibazo byose byo ku isi,harimo n’ubukene.Ntabwo icyo gihe cyali cyagera.Nkuko Ibyakozwe 17:31 havuga,Imana yashyizeho umunsi w’imperuka.Nkuko Daniel 2:44 havuga,izabanza ikureho ubutegetsi bw’abantu ku isi yose,ishyireho ubwayo.Ndetse irimbure abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko Zaburi 145:20 havuga.Hanyuma ikureho ibibazo byose byo ku isi,harimo indwara n’URUPFU nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga.Nkuko Yesu yadusabye,wowe bwira abaturage bawe be kwibera gusa mu gushaka iby’isi,bahaguruke bashake ubwo butegetsi bw’Imana nkuko Matayo 6:33 havuga.Nibwo bazarokoka kuli uwo munsi w’imperuka.Wibabeshya ko Imana ariyo izazana Petrole.

    Reply
  • mapike says:
    August 24, 2022 at 1:57 pm

    Nyakubahwa President,Imana ifite igihe izakuriraho ibibazo byose byo ku isi,harimo n’ubukene.Ntabwo icyo gihe cyali cyagera.Nkuko Ibyakozwe 17:31 havuga,Imana yashyizeho umunsi w’imperuka.Nkuko Daniel 2:44 havuga,izabanza ikureho ubutegetsi bw’abantu ku isi yose,ishyireho ubwayo.Ndetse irimbure abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko Zaburi 145:20 havuga.Hanyuma ikureho ibibazo byose byo ku isi,harimo indwara n’URUPFU nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga.Nkuko Yesu yadusabye,wowe bwira abaturage bawe be kwibera gusa mu gushaka iby’isi,bahaguruke bashake ubwo butegetsi bw’Imana nkuko Matayo 6:33 havuga.Nibwo bazarokoka kuli uwo munsi w’imperuka.Wibabeshya ko Imana ariyo izazana Petrole.

    Reply
  • Ngendahimana joseph says:
    August 24, 2022 at 7:19 pm

    Isomo rimomeye kuri NISR kuko birababaje Aho ikigo nk’iki cy’igihigu cyagakwiye gutanga urugero rwiza ejo tuzumvs ngo uyu mubueyi yahondutse ikimonyo cyaguwr mu isuka gusa uyu mubueyi Imans imurengere iki kigo ntampozamarira mbona ateze kizamugenera. Imans niyo nkuru!

    Reply
  • John says:
    August 25, 2022 at 5:27 pm

    Hahahahaaa😁🤭

    Uyu nyakubahwa ni umuti w’amenyo rwose! Ubu se ayobewe ko Imana ifasha uwifashije ari nayo mpamvu yaduhaye ubwenge bwo gutekereza n’amaboko yo gukora?

    Imana nayo ubanza yaragatoye rwose🙂

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?