BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Ndayishimiye avuga ko Imana itazemera ko bicwa n’ibura rya Peteroli

Perezida Ndayishimiye avuga ko Imana itazemera ko bicwa n’ibura rya Peteroli

admin
Last updated: August 23, 2022 7:20 pm
admin
Share
SHARE

Umukuru w’Igihugu cy’uBurundi, Nyiricyubahiro Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi kugumana icyizere mu gihe bari mu bigeragezo birimo ibyatewe n’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli muri kiriya gihugu.

Perezida Evariste Ndayishimiye asaba Abarundi gufashanya mu bihe bitoroshye

Perezida Evariste Ndayishimiye yabwiye Abarundi ko ibigeragezo bihoraho kandi ko “Imana itibagirwa abayo.” badakwiriye kwiheba na busa.

Mu mashusho yashyizwe kuri Twittter y’Ibiro by’Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, agaragaza asaba Abarundi gushyitsa umutima munda, ntibakangwe n’ibibazo by’ubukene byugarije igihugu cye.

Yagize ati “Uri mu rugendo ukabona akagorane gato mugapararangana, nkababwira ngo rema (tuza) Imana niyo yabiremye kandi Niyibizi.”

Perezida Ndayishimiye yatanze urugero rw’inyoni zo mu kirere zidahinga cyangwa ngo zisarure ariko zikaba zitarwara bwaki.

Ati “Inyoni y’umunwa usongoye, itagira ubwenge Imana ikanga ko irwara bwaki kandi idahinga , none wowe umwana w’umuntu Imana yaremye mu ishusho ryayo ni wowe yahebye ?”

Yongeyeho ko “Ibigeragezo bigomba kuba kugira ngo Imana ibacishe bugufi.”

Yifashishije ingero zo muri Bibiliya zigaragaza uko Imana yacishije bugufi Abisiraheli kugira ngo bayigandukire ubwo bari barayiteye umugongo.

Yabajije abari mu ikoraniro nimba hari uwapfuye kubera ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli abibutsa ko n’ibihugu bikize biri mu marira.

Ati “Ko muvuga ngo igitoro kirakennye murapfuye ?  Nta barira kandi batunze, aho mwavuze ngo Imana iradukunda.”

Yabasabye kwibuka ukuntu bahangayikishijwe na Covid-19 ubwo yababwiraga ko Imana ariyo nkuru abasaba kwizera Imana kuruta ibindi byose.

Ati “Nimwibuke Covid, mwese ntimwapararanganye ? nakomeje kubabwira ngo Mungu Mkubwa, Mungu Yupo.”

Ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli rikomeje kubera umuzigo Leta ya Gitega, ibiciro by’ibicuruzwa byose byatumbagiye.

Perezida Ndayishimiye avuga ko iki kibazo mu gihe cy’ukwezi kumwe kizaba amateka, kuva kuri uyu wa mbere amakamyo atwara ibikomoka kuri peteroli yatangiye kwinjiza mu Burundi ibikomoka kuri peteroli aturutse muri Tanzaniya.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • mapike says:
    August 24, 2022 at 1:57 pm

    Nyakubahwa President,Imana ifite igihe izakuriraho ibibazo byose byo ku isi,harimo n’ubukene.Ntabwo icyo gihe cyali cyagera.Nkuko Ibyakozwe 17:31 havuga,Imana yashyizeho umunsi w’imperuka.Nkuko Daniel 2:44 havuga,izabanza ikureho ubutegetsi bw’abantu ku isi yose,ishyireho ubwayo.Ndetse irimbure abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko Zaburi 145:20 havuga.Hanyuma ikureho ibibazo byose byo ku isi,harimo indwara n’URUPFU nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga.Nkuko Yesu yadusabye,wowe bwira abaturage bawe be kwibera gusa mu gushaka iby’isi,bahaguruke bashake ubwo butegetsi bw’Imana nkuko Matayo 6:33 havuga.Nibwo bazarokoka kuli uwo munsi w’imperuka.Wibabeshya ko Imana ariyo izazana Petrole.

    Reply
  • mapike says:
    August 24, 2022 at 1:57 pm

    Nyakubahwa President,Imana ifite igihe izakuriraho ibibazo byose byo ku isi,harimo n’ubukene.Ntabwo icyo gihe cyali cyagera.Nkuko Ibyakozwe 17:31 havuga,Imana yashyizeho umunsi w’imperuka.Nkuko Daniel 2:44 havuga,izabanza ikureho ubutegetsi bw’abantu ku isi yose,ishyireho ubwayo.Ndetse irimbure abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko Zaburi 145:20 havuga.Hanyuma ikureho ibibazo byose byo ku isi,harimo indwara n’URUPFU nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga.Nkuko Yesu yadusabye,wowe bwira abaturage bawe be kwibera gusa mu gushaka iby’isi,bahaguruke bashake ubwo butegetsi bw’Imana nkuko Matayo 6:33 havuga.Nibwo bazarokoka kuli uwo munsi w’imperuka.Wibabeshya ko Imana ariyo izazana Petrole.

    Reply
  • Ngendahimana joseph says:
    August 24, 2022 at 7:19 pm

    Isomo rimomeye kuri NISR kuko birababaje Aho ikigo nk’iki cy’igihigu cyagakwiye gutanga urugero rwiza ejo tuzumvs ngo uyu mubueyi yahondutse ikimonyo cyaguwr mu isuka gusa uyu mubueyi Imans imurengere iki kigo ntampozamarira mbona ateze kizamugenera. Imans niyo nkuru!

    Reply
  • John says:
    August 25, 2022 at 5:27 pm

    Hahahahaaa😁🤭

    Uyu nyakubahwa ni umuti w’amenyo rwose! Ubu se ayobewe ko Imana ifasha uwifashije ari nayo mpamvu yaduhaye ubwenge bwo gutekereza n’amaboko yo gukora?

    Imana nayo ubanza yaragatoye rwose🙂

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?