BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rulindo: Abagabo bagwiriwe n’ikirombe abatabazi babagezeho bapfuye

Rulindo: Abagabo bagwiriwe n’ikirombe abatabazi babagezeho bapfuye

admin
Last updated: August 22, 2022 1:44 pm
admin
Share
SHARE

Abagabo babiri bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Rulindo bari bagwiriwe n’ikirombe ku wa Kane habonetse imirambo yabo nyuma yo gukoresha imashini  nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Abagabo babiri bo mu Karere ka Rulindo ku gicamunsi cyo ku wa Kane tari 18 Kanama 2022, bagwiriwe n’ikirombe bacukuragamo amabuye yo kubaka, ku wa Gatandatu, tariki ya  20 Kanama 2022 abatabazi babagezeho bapfuye.

Umuyobozi w’umusigire w’Umurenge wa Murambi, Karangwa Samuel,yari yatangaje ko iki kirombe cyagwiriye aba baturage mu masaha ya saa kumi n’iminota  45 (16h:45) z’umugoroba.

Abagwiriwe n’ikirombe ni Hakizimana Emmanuel w’imyaka 40 na Habyarimana Jean Paul w’imyaka 48. Aba baturage bakoreraga Koperative KOTATU icukura amabuye yo kubaka mu Mudugudu wa Karwa.

Umuyobozi w’Umusigire w’Umurenge wa Murambi, Karangwa Samuel, yari yatangaje ko habanje kwitabazwa amoboko y’abaturage, bakoresha amasuka n’amapiki, ariko umuyobozi w’AKarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yabwiye UMUSEKE ko nyuma imashini zakoreshejwe ngo abo bagabo baboneke.

Yagize ati “Barabonetse, bagwiriwe n’igitengu. Byaragoranye kubabona ariko kuwa Gatandatu twarababonye, amaboko y’abantu byaragoranye twifashishije imashini ariko turababona, twaranabashyinguye ku wa Gatandatu.”

Uyu muyobozi yasabaye abacukura amabuye kwirinda kujya ahashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Yagize ati “Ikigaragara ni uko naho ngaho, uko hagaragarira amaso, bigaragara ko ari ahantu bashobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga n’ubundi. Ibyo byose barabibonaga ariko bararenga bajayamo. Twasabaga abaturage badufashe, kuko gucukura ziriya kariyeri ariko aho babona uruhavu rurerure tukahasiba, tugatangira ahandi, ariko abaturage ntibakomeze kujya ahantu habashyira mu kaga gutyo.”

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?