BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rulindo: Abagabo bagwiriwe n’ikirombe abatabazi babagezeho bapfuye

Rulindo: Abagabo bagwiriwe n’ikirombe abatabazi babagezeho bapfuye

admin
Last updated: August 22, 2022 1:44 pm
admin
Share
SHARE

Abagabo babiri bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Rulindo bari bagwiriwe n’ikirombe ku wa Kane habonetse imirambo yabo nyuma yo gukoresha imashini  nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Abagabo babiri bo mu Karere ka Rulindo ku gicamunsi cyo ku wa Kane tari 18 Kanama 2022, bagwiriwe n’ikirombe bacukuragamo amabuye yo kubaka, ku wa Gatandatu, tariki ya  20 Kanama 2022 abatabazi babagezeho bapfuye.

Umuyobozi w’umusigire w’Umurenge wa Murambi, Karangwa Samuel,yari yatangaje ko iki kirombe cyagwiriye aba baturage mu masaha ya saa kumi n’iminota  45 (16h:45) z’umugoroba.

Abagwiriwe n’ikirombe ni Hakizimana Emmanuel w’imyaka 40 na Habyarimana Jean Paul w’imyaka 48. Aba baturage bakoreraga Koperative KOTATU icukura amabuye yo kubaka mu Mudugudu wa Karwa.

Umuyobozi w’Umusigire w’Umurenge wa Murambi, Karangwa Samuel, yari yatangaje ko habanje kwitabazwa amoboko y’abaturage, bakoresha amasuka n’amapiki, ariko umuyobozi w’AKarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yabwiye UMUSEKE ko nyuma imashini zakoreshejwe ngo abo bagabo baboneke.

Yagize ati “Barabonetse, bagwiriwe n’igitengu. Byaragoranye kubabona ariko kuwa Gatandatu twarababonye, amaboko y’abantu byaragoranye twifashishije imashini ariko turababona, twaranabashyinguye ku wa Gatandatu.”

Uyu muyobozi yasabaye abacukura amabuye kwirinda kujya ahashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Yagize ati “Ikigaragara ni uko naho ngaho, uko hagaragarira amaso, bigaragara ko ari ahantu bashobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga n’ubundi. Ibyo byose barabibonaga ariko bararenga bajayamo. Twasabaga abaturage badufashe, kuko gucukura ziriya kariyeri ariko aho babona uruhavu rurerure tukahasiba, tugatangira ahandi, ariko abaturage ntibakomeze kujya ahantu habashyira mu kaga gutyo.”

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?