BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > MONUSCO yaretse gukorera by’igihe gito mu Mujyi wa Butembo

MONUSCO yaretse gukorera by’igihe gito mu Mujyi wa Butembo

admin
Last updated: August 19, 2022 4:23 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zagiye kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO, kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Kanama 2022, zatangiye kuva muri umwe mu mijyi ikomeye mu gihugu nyuma y’imyigaragambyo yamagana izi ngabo.

Hirya no hino mu mijyi yo mu Burasirazuba bwa Congo habaye imyigaragambyo yamagana MONUSCO

Abanye-Congo bashinja MONUSCO kudatanga umusaruro muri iki gihugu aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kuvuka ari myinshi no guhungabanya umutekano w’igihugu.

Agace bivugwa ko izi ngabo zaretse gukoreramo ubutumwa bwazo ni Butembo, umujyi w’ubucuruzi utuwe n’abagera hafi kuri miliyoni.

Ni hamwe mu habereye imyigaragambyo ndetse yaje kugwamo abaturage, ingabo za MONUSCO n’abapolisi b’umuryango w’Abibumbye.

Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen. Constant Ndima yatangaje ko izi ngabo ndetse n’abakozi ba MONUSCO babarirwa 100 bari i Butembo bimutse ndetse hari kurebwa uko ibikoresho byabo na byo byose byakwimurwa.

Umuvugizi wa MONUSCO  muri ubwo butumwa bwo kugarura amahoro, Ndeye KhadyLo, we yatangaje ko nta gahunda yo kurekura burundu  aho hantu ndetse ko ari iby’igihe gito.

Yagize ati “MONUSCO ntabwo izava i Butembo. Nyuma yo kubisuzuma neza n’abayobozi b’ibanze ndetse n’abayobozi bakuru b’igihugu, twafashe icyemezo cyo kwimurira ubutumwa ahandi by’igihe gito, abantu bayo (MONUSCO) bakajya hanze ya Butembo. Ntihigeze hatangazwa igihe bashobora kugarukira.

Kuva muri Nyakanga uyu mwaka abanye-Congo bigaragambije bamagana Monusco basaba ko izi ngabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zibavira mu gihugu kuko nta musaruro zatanze mu gihe cy’imyaka 20 zimaze ziri mu gihugu.

Abasivile 56, abapolsi babiri n’umusirikare umwe ba MONUSCO batangajwe ko bapfiriye mu mvururu zirimo imyigaragambyo n’ubusahuzi byo kwamagana izi ngabo za Loni muri Congo.

Ingabo za MONUSCO zifite inshingano zo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo.

Buri mwaka MONUSCO itangwaho ingengo y’Imari ya miliyari 1 y’amadolari ya America. Ni bwo butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye buhenze kurusha ubundi ku Isi.

Mu 2015 byavugwaga ko bafite abasirikare 19 815. Muri 2021 mu nama y’akanama ka Loni gashinzwe amahoro  yabaye  mu kuboza 2021, uyu mubare wagejejwe ku ngabo 14 200.

IVOMO: Reuters

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?