BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > MONUSCO yaretse gukorera by’igihe gito mu Mujyi wa Butembo

MONUSCO yaretse gukorera by’igihe gito mu Mujyi wa Butembo

admin
Last updated: August 19, 2022 4:23 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zagiye kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO, kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Kanama 2022, zatangiye kuva muri umwe mu mijyi ikomeye mu gihugu nyuma y’imyigaragambyo yamagana izi ngabo.

Hirya no hino mu mijyi yo mu Burasirazuba bwa Congo habaye imyigaragambyo yamagana MONUSCO

Abanye-Congo bashinja MONUSCO kudatanga umusaruro muri iki gihugu aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kuvuka ari myinshi no guhungabanya umutekano w’igihugu.

Agace bivugwa ko izi ngabo zaretse gukoreramo ubutumwa bwazo ni Butembo, umujyi w’ubucuruzi utuwe n’abagera hafi kuri miliyoni.

Ni hamwe mu habereye imyigaragambyo ndetse yaje kugwamo abaturage, ingabo za MONUSCO n’abapolisi b’umuryango w’Abibumbye.

Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen. Constant Ndima yatangaje ko izi ngabo ndetse n’abakozi ba MONUSCO babarirwa 100 bari i Butembo bimutse ndetse hari kurebwa uko ibikoresho byabo na byo byose byakwimurwa.

Umuvugizi wa MONUSCO  muri ubwo butumwa bwo kugarura amahoro, Ndeye KhadyLo, we yatangaje ko nta gahunda yo kurekura burundu  aho hantu ndetse ko ari iby’igihe gito.

Yagize ati “MONUSCO ntabwo izava i Butembo. Nyuma yo kubisuzuma neza n’abayobozi b’ibanze ndetse n’abayobozi bakuru b’igihugu, twafashe icyemezo cyo kwimurira ubutumwa ahandi by’igihe gito, abantu bayo (MONUSCO) bakajya hanze ya Butembo. Ntihigeze hatangazwa igihe bashobora kugarukira.

Kuva muri Nyakanga uyu mwaka abanye-Congo bigaragambije bamagana Monusco basaba ko izi ngabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zibavira mu gihugu kuko nta musaruro zatanze mu gihe cy’imyaka 20 zimaze ziri mu gihugu.

Abasivile 56, abapolsi babiri n’umusirikare umwe ba MONUSCO batangajwe ko bapfiriye mu mvururu zirimo imyigaragambyo n’ubusahuzi byo kwamagana izi ngabo za Loni muri Congo.

Ingabo za MONUSCO zifite inshingano zo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo.

Buri mwaka MONUSCO itangwaho ingengo y’Imari ya miliyari 1 y’amadolari ya America. Ni bwo butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye buhenze kurusha ubundi ku Isi.

Mu 2015 byavugwaga ko bafite abasirikare 19 815. Muri 2021 mu nama y’akanama ka Loni gashinzwe amahoro  yabaye  mu kuboza 2021, uyu mubare wagejejwe ku ngabo 14 200.

IVOMO: Reuters

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?