BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango:  Umugabo arakekwaho kwica umugore wari uje kumwaka amafaranga ya Mituweli

Ruhango:  Umugabo arakekwaho kwica umugore wari uje kumwaka amafaranga ya Mituweli

admin
Last updated: August 17, 2022 9:42 pm
admin
Share
SHARE

Murwanashyaka Charles wari umaze igihe gito afunguwe kubera kunywa urumogi yishe umugore babyaranye umwana umwe amuziza ko yari aje kumwaka amafaranga yo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (Mituweli).

RIB yataye muri yombi uyu mugabo nyuma yo kwica umugore we

Iri sanganya ryabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, tariki 17 Kanama 2022 ahagana saa mbili n’igice z’ijoro, mu Mudugudu wa Ruhamagariro, Akagari ka Gafunzo, Umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango.

Ubwo Yankurije Vestine w’imyaka 26 y’amavuko yari agiye kureba Murwanashyaka babyaranye umwana umwe ngo amuhe amafaranga ya Mituweli, nibwo yishwe n’uyu mugabo amutemesheje umuhoro.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yahamirije UMUSEKE iyi nkuru, avuga ko bari baratandukanye ariko umugore yaje kumwaka amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.

Ati “Nibyo, ejo nka saa mbili n’igice (20:30pm) uwitwa Murwanashyaka Charles yishe umugore we bari batarasezeranye kandi ntibanabanaga, byabaye ubwo umugore yari aje kumwaka amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.”

Habarurema Valens yakomeje avuga ko Murwanashyaka Charles yari asanzwe yitwara nabi kuko yari amaze iminsi mike afunguwe nyuma yo gufungirwa gukoresha urumogi.

Yagize ati “Umugabo asanzwe yitwara nabi kuko yari amaze iminsi afunguwe nyuma yo gufungwa imyaka 5 kubera gukoresha urumogi, ntibabanaga kubera amakimbirane.”

Meya Habarurema yongeye kwibutsa abaturwanda ko bakwiye kwirinda amakimbirane n’imyitwarire iyatiza umurindi nk’ubusinzi, ibi bikajyana no gutangira amakuru ku gihe mu gihe hari ibitagenda neza kandi aba bana batarasezeranye bagafata icyemezo cyo kubana mu buryo bwemewe n’amategeko.

Aba bombi bari birirwanye ku gasanteri basangira inzoga ku buryo ngo nta wari gukeka ko havuka ikibazo cyo kuvutsa undi ubuzima.

Nyakwigendera asize umwana umwe yari yarabyaranye n’uyu mugabo.

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko yamwishe akoresheje umuhoro, uyu mugabo yahise atabwa muri yombi ajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango.

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • lg says:
    August 18, 2022 at 6:23 am

    Ubwicanyi buriho ubu buteye ubwoba nkuyu uretse gupfa ntakindi kimukwiye ababantu mpora nsabo ko bajya bamanikwa bibaye kabili gatatu niho bazabonako uwishe adakomeza kujya yumwa ali mumutekano nawe ajye yicwa ntabindi ntibikwiye ko umuntu yica undi ngowe bategereze ko azica abandi buli munsi buli munsi niko haba hishwe umuntu

    Reply
  • Augustin says:
    August 18, 2022 at 10:21 am

    Leta niyo ishyigikira ubwicanyi yitwaje uburenganzira bwamuntu ngo yakuyeho igihano cyurupfu mugihe abayitegetse kugikuraho bo bagifite

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Koreya ya Ruguru yagerageje misile zo mu bwoko bwa cruise zirasa kure cyane

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yayoboye umuhango wo kugerageza…

Espagne ntiyumva impamvu yo gutera Iran

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yanenze cyane ibitero Leta Zunze Ubumwe…

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Ubutabera

Muhayimana yasabiwe gufungwa imyaka 15

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Barafinda rwashyizwe mu muhezo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?