BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abakinnyi ba Mukura barimo Nkomezi bambuwe n’iyi kipe

Abakinnyi ba Mukura barimo Nkomezi bambuwe n’iyi kipe

admin
Last updated: August 14, 2022 12:54 pm
admin
Share
SHARE

Abakinnyi babiri bafitiwe amafaranga na  Mukura VS, barishyuza bakoherezwa kwa perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier wabaguze.

Nkomezi Alexis wari wasinyiye Mukura VS amasezerano y’imyka ibiri, aracyafitiwe miliyoni 5 Frw

Kuva umwaka w’imikino 2021/2022 warangira, amwe mu makipe afitiye amafaranga abakinnyi n’abatoza, yararuciye ararumira aryumaho.

Hamwe mu hazwi kuryumaho iyo bafitiye amadeni abakinnyi, ni muri Mukura VS yo mu Akarere ka Huye.

Babiri mu bahoze ari abakinnyi ba Mukura VS ari bo Nkomezi Alexis na Mutijima Janvier, nanubu ntibazi niba haza gukurikiraho kwitabaza Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, kugira ngo babashe kwishyurwa n’iyi kipe.

Aba bombi bafitiwe amafaranga bataherewe igihe ubwo basinyiraga iyi kipe amasezerano.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, avuga ko Nkomezi wenyine afitiwe miliyoni 5 Frw ariko atazi niba azayabona kuko iyo yishyuje abwirwa kujya kwishyuza uwahoze ayobora Mukura VS [Nizeyimana Mugabo Olivier].

Umwe mu bakinnyi bamaze igihe muri Mukura VS arik uzi neza iby’iki kibazo cya Mutijima na Nkomezi, yabwiye UMUSEKE ko iyo bagerageje kwishyuza amafaranga baberewemo, babwirwa kujya kwishyuza uwabaguze [Nizeyimana Mugabo Olivier] watorewe kuyobora Ferwafa.

Yagize ati “Iyo batse amafaranga yabo abayobozi bariho, barababwira ngo bajye kwishyuza perezida Olivier niwe wabaguze.”

Uyu mukinnyi utifuje ko amazina ye ajya hanze, yanavuze ko abandi bose bari baberewemo amafaranga n’iyi kipe bishyuwe hagasigara aba babiri, ariko ahanini bigaterwa n’uko batifuzwaga mu ikipe.

Umwe mu bakomeje gushyirwa mu majwi mu kudindiza bya hato na hato ibikorwa bya Mukura VS, ni Umuyobozi Mukuru wayo, Gasana Jérôme ariko ushobora kuba ari mu minsi ye ya nyuma muri iyi kipe nyuma ya byinshi byamuvuzweho.

Mutijima Janvier [uri iburyo] yimwe amafaranga afitiwe na Mukura VS animwa ibaruwa imurekura
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?