BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abakinnyi ba Mukura barimo Nkomezi bambuwe n’iyi kipe

Abakinnyi ba Mukura barimo Nkomezi bambuwe n’iyi kipe

admin
Last updated: August 14, 2022 12:54 pm
admin
Share
SHARE

Abakinnyi babiri bafitiwe amafaranga na  Mukura VS, barishyuza bakoherezwa kwa perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier wabaguze.

Nkomezi Alexis wari wasinyiye Mukura VS amasezerano y’imyka ibiri, aracyafitiwe miliyoni 5 Frw

Kuva umwaka w’imikino 2021/2022 warangira, amwe mu makipe afitiye amafaranga abakinnyi n’abatoza, yararuciye ararumira aryumaho.

Hamwe mu hazwi kuryumaho iyo bafitiye amadeni abakinnyi, ni muri Mukura VS yo mu Akarere ka Huye.

Babiri mu bahoze ari abakinnyi ba Mukura VS ari bo Nkomezi Alexis na Mutijima Janvier, nanubu ntibazi niba haza gukurikiraho kwitabaza Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, kugira ngo babashe kwishyurwa n’iyi kipe.

Aba bombi bafitiwe amafaranga bataherewe igihe ubwo basinyiraga iyi kipe amasezerano.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, avuga ko Nkomezi wenyine afitiwe miliyoni 5 Frw ariko atazi niba azayabona kuko iyo yishyuje abwirwa kujya kwishyuza uwahoze ayobora Mukura VS [Nizeyimana Mugabo Olivier].

Umwe mu bakinnyi bamaze igihe muri Mukura VS arik uzi neza iby’iki kibazo cya Mutijima na Nkomezi, yabwiye UMUSEKE ko iyo bagerageje kwishyuza amafaranga baberewemo, babwirwa kujya kwishyuza uwabaguze [Nizeyimana Mugabo Olivier] watorewe kuyobora Ferwafa.

Yagize ati “Iyo batse amafaranga yabo abayobozi bariho, barababwira ngo bajye kwishyuza perezida Olivier niwe wabaguze.”

Uyu mukinnyi utifuje ko amazina ye ajya hanze, yanavuze ko abandi bose bari baberewemo amafaranga n’iyi kipe bishyuwe hagasigara aba babiri, ariko ahanini bigaterwa n’uko batifuzwaga mu ikipe.

Umwe mu bakomeje gushyirwa mu majwi mu kudindiza bya hato na hato ibikorwa bya Mukura VS, ni Umuyobozi Mukuru wayo, Gasana Jérôme ariko ushobora kuba ari mu minsi ye ya nyuma muri iyi kipe nyuma ya byinshi byamuvuzweho.

Mutijima Janvier [uri iburyo] yimwe amafaranga afitiwe na Mukura VS animwa ibaruwa imurekura
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?