BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ingabo z’u Rwanda zacyuye abantu 437 bari bataye ingo zabo kubera intambara

Ingabo z’u Rwanda zacyuye abantu 437 bari bataye ingo zabo kubera intambara

admin
Last updated: August 14, 2022 11:17 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi mu nzego za Leta mu gihugu cya Mozambique, mu Karere ka Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgabo bafatanyije n’ingabo z’u Rwanda gucyura abaturage b’abasivile birukanywe mu byabo n’intambara.

Abasirikare b’u Rwanda bafasha abaturage ba Mozambique kubona iby’ibanze bakeneye

Ku wa Gatandatu tariki 13 Kanama, 2022, nibwo ubuyobozi bwa gisivile mu Karere ka Mocimboa da Praia n’ingabo z’u Rwanda bacyuye abanda basivile 437 bari baravuye mu byabo kubera intambara.

Aba basivile babaga mu nkambi yitwa Chitunda, bakaba barahunze ingo zabo kuva muri 2019 kubera ibitero by’ibyihebe bigendera ku mahame ya Islam.

Benshi mu baturage bari barahungiye mu nkambi ya Chitunda mu Karere ka Palma, abanda bakwiye imishwaro bajya mu byerekezo bitandukanye by’Intara ya Cabo Delgabo.

Abaturage bo mu Karere ka mu Karere ka Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgabo ni bo btashye bavuye mu nkambi

ANICA Mvita umugore ufite abana batanu yagize ati “Jyewe n’abana banjye twabayeho ubuzima bugoye nta cyo ugira mu by’ibanze umuntu akenera mu nkambi ya Chitunda, ariko ndizera ko ubuzima bugiye guhinduka.”

Umuyobozi mu Karere ka Mocimboa da Praia witwa, Sumaila Mussa yavuze ko bakora ibishoboka bagafasha abahungutse kubona ibintu by’ibanze bakenera mu buzima bwa buri munsi kugira ngo babashe gutangira ubuzima bushya.

Nibura abantu bagera ku 2,630 basubiye mu ngo zabo mu Karere ka Mocimboa da Praia, mu gihe abanda bo mu nkengero zaho bagera ku 3,000 batuye ahitwa Awasse bahungutse kuva muri Kamena, 2022.

Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare mu kubohoza abaturage 600 bafashwe n’ibyihebe

Ubuyobozi bwa Mozambique bwijeje abatahutse ko buzabafasha gutangira ubuzima bubaha inkunga y’iby’ibanze bakenera

IVOMO: Urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo (MoD website)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?