BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

admin
Last updated: August 12, 2022 2:06 am
admin
Share
SHARE

Mu Burundi, nyuma y’igihe abaturage bo mu Mujyi wa Bujumbura binubira kubura amashanyarazi n’itumbagira ry’ibikomoka kuri peteroli, zimwe muri Radiyo na Televiziyo zahisemo gufunga imiryango kubera itumbagira ry’ibikomoka kuri peteroli n’ibura ry’amashanyarazi.

Kubura amashanyarazi n’izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli biri gutuma radiyo na televiziyo zifunga imiryango

Muri kiriya gihugu ibintu bimaze gufata intera kubera izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli bikaba byarahumiye ku mirari aho abaturage bamara umwanya munini mu kizima kubera ibura ry’umuriro niyo ubonetse uhabwa ababa mu makaritsiye atuyemo abategetsi.

Ibura ry’umuriro n’izamuka ry’ibikomoka kuri Peteroli bikomeje kubera ihurizo Abarundi aho bamwe bahagaritse imirimo kubera gukorera mu bihombo.

Ibyo bibazo byageze no mu itangazamakuru aho Radiyo na Televiziyo Isanganiro byafunze imiryango kubera ibura ry’amashanyarazi no kubura Mazutu yo gushyira muri “groupe électrogène” ngo babashe kugeza ibiganiro ku bakunzi babo.

Ubuyobozi bwa Isanganiro mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 11 Kanama 2022 bwatangaje ko kubera impamvu zitabaturutseho basaba abakurikira ibiganiro byabo kubihanganira ngo “ibiganiro bizakomeza ibyo bibazo byabonewe igisubizo.”

Usibye Radio na Televiziyo Isangano babitangaje ku mugaragaro, hari izindi zafunze imiryango ziraruca zirarumira mu rwego rwo kwanga kwiteranya n’ubutegetsi buriho.

Bamwe mu banyamakuru bakomeye mu gihugu cy’Uburundi batangaje ko biteye agahinda kubona Radiyo na Televiziyo zifunga imiryango kubera kubura amashanyarazi.

Hari abagaragaje ko ari intege nke za Leta itubaka ibikorwa remezo bifatika ndetse no gushyiraho politiki ihamye yo guhangana n’ibura ry’ibikomoka kuri peterori.

Abaturage bijujutira ishyirahamwe Regideso ritanga amazi n’amatara kubera kumara iminsi batabona umuriro, bagasaba Leta gufata ingingo ihamye kuri iki kibazo.

Muri Regideso bavuga ko umuriro ari mucye kubera igabanuka ry’amazi mu ngomero zicanira Umujyiwa Bujumbura ku buryo bagerageza gusaranganya umuriro mucye uri mu gihugu.

Amakuru ava i Burundi aremeza ko kubona ibikomoka kuri Peterol ari inzira y’umusaraba, hari na sitasiyo za Lisansi zidafite n’igitonyanga.

Iri bura rya Lisansi mu Burundi ryatangiye guteza ingaruka mbi mu biciro by’ingendo haba kuri moto no mu modoka ndetse n’ibigo bimwe bikaba bikomeje gufunga imiryango.

Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kitari mu Burundi gusa yasabye abaturage kwihangana bakareba aho ibihe by’intambara y’Uburusiya na Ukraine byerekeza.

Radiyo na Televiziyo Isanganiro kwihangana byanze basaba abakunzi babo gutegereza igihe ibibazo bihari bizashirira

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • qween says:
    August 13, 2022 at 12:10 pm

    OK aba nibo bavugaga ngo Bazamesa Urwanda hmhh mwaciye bugufi mukugurura imipaka bashingantahe mukareka kwihagararaho bya kibwa munyibukije kera mutarata line ukuntu amakamyo yanyu yuzuye amajerekani yabaga atonze umurongo aje kuvoma amavuta mu Rwanda. nongeye kwibuka isoko ry’ibujumbura rishya U rwanda rukohereza helicopters zikarizimya mwari mwabuze ayo mucira nayo mumira. mbagiriye inama mwakanguka mukareka kwihagararaho bya kibwa.

    Reply
    • citoyen says:
      August 14, 2022 at 2:41 pm

      Gushishikariza abantu kubana neza n’abaturanyi ni byiza ariko gutukana nta muco urimo. Aba bose bafunga imipaka nta mpamvu ifatika yabaye erega nta nyungu yindi ivamo uretse gukenesha abaturage. Mujya mwumva ba banye Congo ngo basaba kubaka urukuta rubatandukanya n’u Rwanda? Ni imyumvire iri hasi cyane.

      Reply
  • Uzziel Imanishimwe says:
    August 16, 2022 at 4:23 pm

    Imana itabare isi n’uBurundi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?