BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

admin
Last updated: August 12, 2022 1:13 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta yasabye Dr. Didas Kayihura wahoze ayobora ishuri rya ILPD akaba yarahawe izindi nshingano muri Kaminuza y’u Rwanda kuzakomeza gukorana nabo asize ku buyobozi bwa ILPD.

Ihererekanyabubasha ryayobowe na Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta Hon. Emmanuel UGIRASHEBUJA

Hashize iminsi micye Dr. Didas Kayihura wayoboraga ishuri rya ILPD Perezida Paul Kagame amuhaye izindi nshingano zo kuyobora Kaminuza y’u Rwanda by’agateganyo, ubwo Dr. Didas Kayihura yahererekanyaga ububasha na Dr. Yves Seziraga(asanzwe ari umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi muri ILPD) wasigaye mu nshingano zo kuyobora ILPD by’agateganyo, Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta Hon. Emmanuel UGIRASHEBUJA yasabye Dr. Didas kuzakomeza gukorana nabo asize ku buyobozi bwa ILPD.

Ati“Twizeye ko ari ihererekanyabubasha kumwanya w’ubuyobozi atari ihererekanyabubasha kumwanya w’ubujyanama cyangwa ubwarimu.”

Minisitiri Ugirashebuja kandi yashimiye Dr. Kayihura ibyo yagezeho kandi ko yitwaye neza mu nshingano yari afite.

Dr. Didas Kayihura asize afite umushinga wo kubaka ingoro y’Ubutabera mu Rwanda aho ishuri ryigishaga rikaneteza imbere ibijyanye n’amategeko (ILPD) riherereye, iyo ngoro ikazaba yerekana uko ubutabera bwahoze mbere y’umwaduko w’abazungu, igihe cy’umwaduko w’abazungu, uko ubutabera bwahoze muri Repubulika ya mbere ni iya kabiri.

Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta yijeje Dr. Kayihura ko uwo mushinga yari yaratekereje uzagerwaho.

Ati“Ni ngombwa gusigasira aho abantu baba baravuye kugira ngo bamenye aho bagana no Kugira ngo n’abazaza bajye bamenya ko ibintu bitikoze.”

Dr.Didas Kayihura wajyanwe kuyobora Kaminuza y’u Rwanda by’agateganyo yari Umuyobozi w’ishuri rya ILPD kuva mu mwaka wa 2017 yanabaye kandi umwarimu muri iryo shuri ndetse no muri Kaminuza y’u Rwanda akaba n’umunyamuryango wa FPR Inkotanyi.

Dr.Didas Kayihura mu myaka itanu yarayoboye mu ishuri rya ILPD yishimira ko akihagera bari bafite porogaramu z’amasomo ebyeri ariko Ubu asizemo pogaramu 14 z’amasomo, yishimira kandi ko ikigo cya ILPD yongeyeho inyubako igizwe n’ibyumba,ibiro, amashuri,akaba hari n’indi mishinga asize yaratekereje ariko itarajya mu bikorwa yanasabye abamusimbuye kuzayishyira mu bikorwa.

Dr.Yves Sezirahiga uyobora ILPD by’agateganyo yashimiye Dr. Didas Kayihura wabayoboye nk’umubyeyi kandi amwizeza ko bazakomeza aho yaragereje maze amwifuriza amahirwe masa.

Ishuri ryigishaga rikaneteza imbere ibijyanye n’amategeko (ILPD) rihereye mu karere ka Nyanza ryigamo abanyeshuri baturutse hirya no hino ku isi kuri ubu rifite abanyeshuri 401 baturutse mu bihugu nka Ghana, Burundi, Cameroon, Rwanda na Gambia.

Hafashwe ifoto y’urwibutso

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Muhayimana yasabiwe gufungwa imyaka 15

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Barafinda rwashyizwe mu muhezo

1 Min Read
Ubutabera

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?