BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

admin
Last updated: August 12, 2022 1:13 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta yasabye Dr. Didas Kayihura wahoze ayobora ishuri rya ILPD akaba yarahawe izindi nshingano muri Kaminuza y’u Rwanda kuzakomeza gukorana nabo asize ku buyobozi bwa ILPD.

Ihererekanyabubasha ryayobowe na Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta Hon. Emmanuel UGIRASHEBUJA

Hashize iminsi micye Dr. Didas Kayihura wayoboraga ishuri rya ILPD Perezida Paul Kagame amuhaye izindi nshingano zo kuyobora Kaminuza y’u Rwanda by’agateganyo, ubwo Dr. Didas Kayihura yahererekanyaga ububasha na Dr. Yves Seziraga(asanzwe ari umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi muri ILPD) wasigaye mu nshingano zo kuyobora ILPD by’agateganyo, Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta Hon. Emmanuel UGIRASHEBUJA yasabye Dr. Didas kuzakomeza gukorana nabo asize ku buyobozi bwa ILPD.

Ati“Twizeye ko ari ihererekanyabubasha kumwanya w’ubuyobozi atari ihererekanyabubasha kumwanya w’ubujyanama cyangwa ubwarimu.”

Minisitiri Ugirashebuja kandi yashimiye Dr. Kayihura ibyo yagezeho kandi ko yitwaye neza mu nshingano yari afite.

Dr. Didas Kayihura asize afite umushinga wo kubaka ingoro y’Ubutabera mu Rwanda aho ishuri ryigishaga rikaneteza imbere ibijyanye n’amategeko (ILPD) riherereye, iyo ngoro ikazaba yerekana uko ubutabera bwahoze mbere y’umwaduko w’abazungu, igihe cy’umwaduko w’abazungu, uko ubutabera bwahoze muri Repubulika ya mbere ni iya kabiri.

Minisitiri w’Ubutabera akanaba n’intumwa nkuru ya Leta yijeje Dr. Kayihura ko uwo mushinga yari yaratekereje uzagerwaho.

Ati“Ni ngombwa gusigasira aho abantu baba baravuye kugira ngo bamenye aho bagana no Kugira ngo n’abazaza bajye bamenya ko ibintu bitikoze.”

Dr.Didas Kayihura wajyanwe kuyobora Kaminuza y’u Rwanda by’agateganyo yari Umuyobozi w’ishuri rya ILPD kuva mu mwaka wa 2017 yanabaye kandi umwarimu muri iryo shuri ndetse no muri Kaminuza y’u Rwanda akaba n’umunyamuryango wa FPR Inkotanyi.

Dr.Didas Kayihura mu myaka itanu yarayoboye mu ishuri rya ILPD yishimira ko akihagera bari bafite porogaramu z’amasomo ebyeri ariko Ubu asizemo pogaramu 14 z’amasomo, yishimira kandi ko ikigo cya ILPD yongeyeho inyubako igizwe n’ibyumba,ibiro, amashuri,akaba hari n’indi mishinga asize yaratekereje ariko itarajya mu bikorwa yanasabye abamusimbuye kuzayishyira mu bikorwa.

Dr.Yves Sezirahiga uyobora ILPD by’agateganyo yashimiye Dr. Didas Kayihura wabayoboye nk’umubyeyi kandi amwizeza ko bazakomeza aho yaragereje maze amwifuriza amahirwe masa.

Ishuri ryigishaga rikaneteza imbere ibijyanye n’amategeko (ILPD) rihereye mu karere ka Nyanza ryigamo abanyeshuri baturutse hirya no hino ku isi kuri ubu rifite abanyeshuri 401 baturutse mu bihugu nka Ghana, Burundi, Cameroon, Rwanda na Gambia.

Hafashwe ifoto y’urwibutso

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

2 Min Read
Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?