BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

RDC: Imfungwa zirenga 800 zatorokeshejwe gereza

admin
Last updated: August 11, 2022 8:59 am
admin
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Mujyi wa Butembo imfungwa zirenga 800 zatorotse gereza, ni nyuma y’igitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wa ADF uvuga ko ukorana n’umutwe wiyita Leta ya Kisilamu (IS), ndetse wagiye ushinjwa kwica abasivile mu burasirazuba bwa DR Congo.

Imfungwa zirenga 800 zatorotse iyi gereza nkuru yo mu mujyi wa Butembo

Umupolisi umwe n’umusivili baguye muri iyo mirwano yabereye kuri gereza nkuru yo mu Mujyi wa Butembo muri Beni nk’uko byemejwe na Kapiteni Antony Mwalushayi, umuvugizi w’ibikorwa by’ingabo zirwanya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.

Yagize ati “Umwanzi yari yitwaje imbunda nini byibuze abantu 80 nibo bagabye igitero, Bashoboye kumena binjira muri gereza no kubohora imfungwa zose.”

Kapiteni Mwalushayi yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa ADF ukomoka muri Uganda ukoranaa bya hafi n’umutwe w’abarwanyi ba Kisilamu yizeye ko uri inyuma y’icyo gitero.

Brunelle N’kasa uyobora gereza yagabweho igitero yabwiye Reuters ko imfungwa 58 muri 874 aribo bagumye muri gereza abandi bose batorotse.

Meya wa Butembo Mowa Baeki-Telly, yasabye abaturage guhigisha uruhindu imfungwa zatorotse kugira ngo zisubizwe muri gereza kurangiza ibihano.

Yagize ati “Niba hari umuntu watorotse, ntagomba gutwikwa, ntimu mwice , mubazane kugira ngo tubasubize muri gereza.”

Mu mwaka wa 2020, ADF nabwo yagabye igitero kuri gereza mu Mujyi wa Beni irekura imfungwa zirenga 1.300.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?