BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

admin
Last updated: August 11, 2022 8:04 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo zirwanira mu kirere muri Ukraine bwemeje ko indege z’intambara z’Uburusiya zatokombeye ahaturikiye ibisasu mu Ntara ya Crimea.

Ukraine ivuga ko nta ruhare ifite mw’iturika ry’ibisasu byangije ibikoresho byintambara by’Uburusiya

Umuvugizi w’ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine yatangaje ko “Ukurikije amashusho twabonye ku mbuga nkoranyambaga biragaragara ko ububiko bwabo bw’amasasu bwaturitse.”

Avuga ko ibisasu byo mu bwoko bwa Su-34 n’indege za Su-24 byibasiwe, ndetse na kajugujugu zatokombeye.

Minisiteri y’ingabo y’Uburusiya ishimangira ko ibisasu byaturikiye mu bubiko ariko nta “nkurikizi y’umuriro” yabayeho.

Mykhailo Podolyak umukozi muri Perezidansi ya Ukraine yahakanye uruhare rwabo muri iri turika ry’ibisasu ryangijwe ibikoresho by’intambara by’Uburusiya.

Igitero icyo ari cyo cyose cyagabwa kuri Crimée na Ukraine cyafatwa nk’icyaha gikomeye cyatuma Uburusiya bwibasira birenze urugero kiriya gihugu.

Uwahoze ari Perezida w’Uburusiya Dimitry Medvedev mu kwezi gushize yatangaje ko “Umunsi w’urubanza uzahita wegereza” mu gihe Ukraine yahirahira kwibasira Crimea.

Ishami ry’ubuzima rya Crimea ryatangaje ko umusivili umwe yapfuye, mu gihe undi muntu umwe ari kuvurwa ibikomere bikaze naho abandi batanu bakomeretse byoroheje.

Uburusiya bwigaruriye Crimea muri Ukraine mu 2014 maze ikoreshwa nk’ibirindiro byo kugaba ibitero kuri Ukraine yibasiwe n’intambara.

Indege z’intambara z’Uburusiya zikoresha crimea nk’ibirindiro mu gutera uduce two mu majyepfo ya Ukraine.

IVOMO: BBC

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?