BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

Ukraine yemeje ko indege z’Uburusiya zahiriye ahaturikiye ibisasu muri Crimea

admin
Last updated: August 11, 2022 8:04 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo zirwanira mu kirere muri Ukraine bwemeje ko indege z’intambara z’Uburusiya zatokombeye ahaturikiye ibisasu mu Ntara ya Crimea.

Ukraine ivuga ko nta ruhare ifite mw’iturika ry’ibisasu byangije ibikoresho byintambara by’Uburusiya

Umuvugizi w’ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine yatangaje ko “Ukurikije amashusho twabonye ku mbuga nkoranyambaga biragaragara ko ububiko bwabo bw’amasasu bwaturitse.”

Avuga ko ibisasu byo mu bwoko bwa Su-34 n’indege za Su-24 byibasiwe, ndetse na kajugujugu zatokombeye.

Minisiteri y’ingabo y’Uburusiya ishimangira ko ibisasu byaturikiye mu bubiko ariko nta “nkurikizi y’umuriro” yabayeho.

Mykhailo Podolyak umukozi muri Perezidansi ya Ukraine yahakanye uruhare rwabo muri iri turika ry’ibisasu ryangijwe ibikoresho by’intambara by’Uburusiya.

Igitero icyo ari cyo cyose cyagabwa kuri Crimée na Ukraine cyafatwa nk’icyaha gikomeye cyatuma Uburusiya bwibasira birenze urugero kiriya gihugu.

Uwahoze ari Perezida w’Uburusiya Dimitry Medvedev mu kwezi gushize yatangaje ko “Umunsi w’urubanza uzahita wegereza” mu gihe Ukraine yahirahira kwibasira Crimea.

Ishami ry’ubuzima rya Crimea ryatangaje ko umusivili umwe yapfuye, mu gihe undi muntu umwe ari kuvurwa ibikomere bikaze naho abandi batanu bakomeretse byoroheje.

Uburusiya bwigaruriye Crimea muri Ukraine mu 2014 maze ikoreshwa nk’ibirindiro byo kugaba ibitero kuri Ukraine yibasiwe n’intambara.

Indege z’intambara z’Uburusiya zikoresha crimea nk’ibirindiro mu gutera uduce two mu majyepfo ya Ukraine.

IVOMO: BBC

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?