BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

admin
Last updated: August 10, 2022 11:36 pm
admin
Share
SHARE

Indege itwaye Anthony Blinken, yageze i Kigali mu masaha y’ijoro kuri uyu wa Gatatu, aje kuganira n’abayobozi b’u Rwanda ibibazo bitandukanye birimo n’icya Paul Rusesabagina, ndetse n’imikoranire y’ibihugu.

Anthony Blinken yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta (IFOTO ya Ned Price Twitter)

Amashusho ya TV 5 Monde yerekana Anthony Blinken ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali akakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.

Anthony Blinken akubutse i Kinshasa aho yagiranye ibiganiro na Perezida wa Congo Kinshasa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga waho.

Kuri Twitter Anthony Blinken yavuze ko yanyuzwe n’ibiganiro yaganiriye na bariya bayobozi ko byagize umusaruro, bakaba baganiriye ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo, kurwanya ruswa, gushyigikira ubucuruzi n’ishoramari, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kubaka ubuhinzi bwihanganira ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Uretse abategetsi b’i Kinshasa, Antony Blinken yanagiranye ibiganiro na Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou N’Guesso bijyanye n’imikoranire y’ibihugu n’ubufatanye.

Antony Blinken byitezwe ko mu Rwanda azabonana na Perezida Paul Kagame na bamwe mu bo mu mashyirahamwe atari aya Leta.

Ubwo yatangazaga iby’uruzinduko rwe mu Rwanda, Antony Blinken yavuze ko azaganira n’abayobozi ku bibazo bya demokarasi, ubwisanzure muri politiki, ikibazo cya Rusesabagina Paul wahamwe n’ibyaha byo kugaba ibitero mu Rwanda byaguyemo abantu.

Yanavuze ko bazaganira ibyo kubungabunga amahoro ku Isi n’uruhare rw’u Rwanda mu gushakira umutekano akarere ruherereyemo.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
7 Comments
  • Akumiro says:
    August 10, 2022 at 11:49 pm

    Bamupakirire Rusrsa amujyane hhaa

    Reply
  • Akumiro says:
    August 10, 2022 at 11:49 pm

    Bamupakirire Rusrsa amujyane hhaa

    Reply
  • lg says:
    August 11, 2022 at 6:41 am

    Ave hano bubwije ukuri ntagendere kumunwa wabanyeCongo bamubwire uko abanyeCongo bavuga ikinyarwanda bahageze uko bahunze kubera abasize bakoze génocide bafatikanije nabene wabo bahutu kakabakuraubyabo bamubwire ibya FDRL ifatikanya nigisilikare cya Congo bamubaze abashyigikiye indimitwe irenze 150 batavuga ibya Rusesabagina niba bamushaka bishyure impozamarira ababuze ababo nibyo bangije abakomeretse nashakaga amujyane aliko anasobanure uko umuturage wabo arema,umutwe witerabwoba kukindi gihugu barangiza bakavugako afunzwe binyuranije namategeko

    Reply
    • kapiteni says:
      August 11, 2022 at 9:04 am

      Igikenewe si impozamarira cg kwishyura ikiguzi runaka, hakenewe ko aryozwa ibyaha yakoreye ku butaka bwacu no ku banyarwanda kandi hubahirijwe ibyo yakatiwe n’inkiko zacu.

      Reply
  • Jeannette says:
    August 12, 2022 at 7:35 am

    Nibyo rwose Umuntu agomba guhanirwa ibyo yakoze bitaribyo Umuntu yajya akora amakosa amahanga akamurenge bityo tukaguma kubaho nkaba koroni kandi twaribohoye

    Reply
  • Jeannette says:
    August 12, 2022 at 7:35 am

    Nibyo rwose Umuntu agomba guhanirwa ibyo yakoze bitaribyo Umuntu yajya akora amakosa amahanga akamurenge bityo tukaguma kubaho nkaba koroni kandi twaribohoye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?