BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

admin
Last updated: August 10, 2022 11:36 pm
admin
Share
SHARE

Indege itwaye Anthony Blinken, yageze i Kigali mu masaha y’ijoro kuri uyu wa Gatatu, aje kuganira n’abayobozi b’u Rwanda ibibazo bitandukanye birimo n’icya Paul Rusesabagina, ndetse n’imikoranire y’ibihugu.

Anthony Blinken yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta (IFOTO ya Ned Price Twitter)

Amashusho ya TV 5 Monde yerekana Anthony Blinken ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali akakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.

Anthony Blinken akubutse i Kinshasa aho yagiranye ibiganiro na Perezida wa Congo Kinshasa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga waho.

Kuri Twitter Anthony Blinken yavuze ko yanyuzwe n’ibiganiro yaganiriye na bariya bayobozi ko byagize umusaruro, bakaba baganiriye ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo, kurwanya ruswa, gushyigikira ubucuruzi n’ishoramari, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kubaka ubuhinzi bwihanganira ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Uretse abategetsi b’i Kinshasa, Antony Blinken yanagiranye ibiganiro na Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou N’Guesso bijyanye n’imikoranire y’ibihugu n’ubufatanye.

Antony Blinken byitezwe ko mu Rwanda azabonana na Perezida Paul Kagame na bamwe mu bo mu mashyirahamwe atari aya Leta.

Ubwo yatangazaga iby’uruzinduko rwe mu Rwanda, Antony Blinken yavuze ko azaganira n’abayobozi ku bibazo bya demokarasi, ubwisanzure muri politiki, ikibazo cya Rusesabagina Paul wahamwe n’ibyaha byo kugaba ibitero mu Rwanda byaguyemo abantu.

Yanavuze ko bazaganira ibyo kubungabunga amahoro ku Isi n’uruhare rw’u Rwanda mu gushakira umutekano akarere ruherereyemo.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
7 Comments
  • Akumiro says:
    August 10, 2022 at 11:49 pm

    Bamupakirire Rusrsa amujyane hhaa

    Reply
  • Akumiro says:
    August 10, 2022 at 11:49 pm

    Bamupakirire Rusrsa amujyane hhaa

    Reply
  • lg says:
    August 11, 2022 at 6:41 am

    Ave hano bubwije ukuri ntagendere kumunwa wabanyeCongo bamubwire uko abanyeCongo bavuga ikinyarwanda bahageze uko bahunze kubera abasize bakoze génocide bafatikanije nabene wabo bahutu kakabakuraubyabo bamubwire ibya FDRL ifatikanya nigisilikare cya Congo bamubaze abashyigikiye indimitwe irenze 150 batavuga ibya Rusesabagina niba bamushaka bishyure impozamarira ababuze ababo nibyo bangije abakomeretse nashakaga amujyane aliko anasobanure uko umuturage wabo arema,umutwe witerabwoba kukindi gihugu barangiza bakavugako afunzwe binyuranije namategeko

    Reply
    • kapiteni says:
      August 11, 2022 at 9:04 am

      Igikenewe si impozamarira cg kwishyura ikiguzi runaka, hakenewe ko aryozwa ibyaha yakoreye ku butaka bwacu no ku banyarwanda kandi hubahirijwe ibyo yakatiwe n’inkiko zacu.

      Reply
  • Jeannette says:
    August 12, 2022 at 7:35 am

    Nibyo rwose Umuntu agomba guhanirwa ibyo yakoze bitaribyo Umuntu yajya akora amakosa amahanga akamurenge bityo tukaguma kubaho nkaba koroni kandi twaribohoye

    Reply
  • Jeannette says:
    August 12, 2022 at 7:35 am

    Nibyo rwose Umuntu agomba guhanirwa ibyo yakoze bitaribyo Umuntu yajya akora amakosa amahanga akamurenge bityo tukaguma kubaho nkaba koroni kandi twaribohoye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?