BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > America yizeje ko gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Congo

America yizeje ko gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Congo

admin
Last updated: August 10, 2022 3:39 am
admin
Share
SHARE

Mu ruzinduko Umunyamabanga wa Leta muri Leta zunze Ubumwe za America, Antony Blinken arimo muri Congo Kinshasa, yizeje abategetsi ba kiriya gihugu ko yiteguye kugira uruhare mu nzira ziriho zo gushakira igisubizo ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

Antony Blinken avuze ko yishimiye guhura na Perezida wa Congo Kinshasa na minisitiri w”Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu

Antony Blinken utegerejwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko ahangayikishije n’ibiri muri raporo y’impuguke za UN bishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23, ndetse yavuze ko azabiganiraho na Perezida Paul Kagame ubwe.

Yagize ati “Urugendo ndimo hano, nzanagirira i Kigali (uno munsi) rugamije gushyigikira inzira ziriho z’ubuhuza kugira ngo zirangize ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.”

Antony Blinken yavuze ko bifuza ko kiriya kibazo kirangira, ndetse America ikazafasha mu biganiro by’i Nairobi bihuza Leta ya Congo n’imitwe iyirwanya.

Ndetse yasabye ko ubusugire bw’igihugu bwa Congo bukwiye kubahirizwa.

Kuri Twitter ye, Antony Blinken yavuze ko yishimiye guhura na Perezida Antoine Felix Tshisekedi, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Christophe Lutundula.

Ati “Congo ni umufatanyabikorwa mu bijyanye no guteza imbere umutekano n’ituze, guteza imbere demokarasi, n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, kugira Leta yubahiriza amategeko, no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.”

Abategetsi ba Congo basabye Antony Blinken kubakorera ubuvugizi igihugu kigakurirwaho embargo cyafatiwe mu bijyanye no kugura intwaro.

Antony Blinken yavuze ko mu bimuzanye i Kigali harimo kuganira n’abayobozi ku ngingo zinyuranye z’ubufatanye, demokarasi, ikibazo cya Rusesabagina n’ibindi.

Ku rundi ruhande abasesengura basanga uruzinduko rwe rugamije gutegura inamaPerezida wa US, Joe Biden azagirana n’abayobozi ba Africa, ariko no kuvuga ku mbaraga Uburusiya bukomeje kugira ku mugabane wa Africa dore ko uru ruzinduko rukurikiye urwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya mu bihugu bya Africa birimo na Uganda.

Antony Blinken yageze muri Africa y’Epfo, arava muri Congo Kinshasa aza i Kigali mu Rwanda.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • emmanuel says:
    August 10, 2022 at 6:26 am

    ubwo bivuzengo umurusia ahaguruka muri africa umunyamerika nawe ahita yimanukira ubwose koko bizacura iki?

    Reply
  • Nduhungirehe says:
    August 10, 2022 at 9:34 am

    Nk’umunyamakuru wowe uradusangiza ibitekerezo byawe bwite nibyo utekereza ko byakabaye aribyo biba ntabwo urikubara inkuru.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?