BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > America yizeje ko gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Congo

America yizeje ko gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Congo

admin
Last updated: August 10, 2022 3:39 am
admin
Share
SHARE

Mu ruzinduko Umunyamabanga wa Leta muri Leta zunze Ubumwe za America, Antony Blinken arimo muri Congo Kinshasa, yizeje abategetsi ba kiriya gihugu ko yiteguye kugira uruhare mu nzira ziriho zo gushakira igisubizo ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

Antony Blinken avuze ko yishimiye guhura na Perezida wa Congo Kinshasa na minisitiri w”Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu

Antony Blinken utegerejwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko ahangayikishije n’ibiri muri raporo y’impuguke za UN bishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23, ndetse yavuze ko azabiganiraho na Perezida Paul Kagame ubwe.

Yagize ati “Urugendo ndimo hano, nzanagirira i Kigali (uno munsi) rugamije gushyigikira inzira ziriho z’ubuhuza kugira ngo zirangize ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.”

Antony Blinken yavuze ko bifuza ko kiriya kibazo kirangira, ndetse America ikazafasha mu biganiro by’i Nairobi bihuza Leta ya Congo n’imitwe iyirwanya.

Ndetse yasabye ko ubusugire bw’igihugu bwa Congo bukwiye kubahirizwa.

Kuri Twitter ye, Antony Blinken yavuze ko yishimiye guhura na Perezida Antoine Felix Tshisekedi, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Christophe Lutundula.

Ati “Congo ni umufatanyabikorwa mu bijyanye no guteza imbere umutekano n’ituze, guteza imbere demokarasi, n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, kugira Leta yubahiriza amategeko, no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.”

Abategetsi ba Congo basabye Antony Blinken kubakorera ubuvugizi igihugu kigakurirwaho embargo cyafatiwe mu bijyanye no kugura intwaro.

Antony Blinken yavuze ko mu bimuzanye i Kigali harimo kuganira n’abayobozi ku ngingo zinyuranye z’ubufatanye, demokarasi, ikibazo cya Rusesabagina n’ibindi.

Ku rundi ruhande abasesengura basanga uruzinduko rwe rugamije gutegura inamaPerezida wa US, Joe Biden azagirana n’abayobozi ba Africa, ariko no kuvuga ku mbaraga Uburusiya bukomeje kugira ku mugabane wa Africa dore ko uru ruzinduko rukurikiye urwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya mu bihugu bya Africa birimo na Uganda.

Antony Blinken yageze muri Africa y’Epfo, arava muri Congo Kinshasa aza i Kigali mu Rwanda.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • emmanuel says:
    August 10, 2022 at 6:26 am

    ubwo bivuzengo umurusia ahaguruka muri africa umunyamerika nawe ahita yimanukira ubwose koko bizacura iki?

    Reply
  • Nduhungirehe says:
    August 10, 2022 at 9:34 am

    Nk’umunyamakuru wowe uradusangiza ibitekerezo byawe bwite nibyo utekereza ko byakabaye aribyo biba ntabwo urikubara inkuru.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?