BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nigeria: Gbenga Adenuga utegerejwe mu iserukiramuco rya ATHF Rwanda yasohoye indirimbo nshya

Nigeria: Gbenga Adenuga utegerejwe mu iserukiramuco rya ATHF Rwanda yasohoye indirimbo nshya

admin
Last updated: August 9, 2022 8:43 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi ukomoka muri Nigeria Gbenga Adenuga utegerejwe mu iserukiramuco rikomeye i Kigali azahuriramo n’abarimo Kiz Daniel, Shebbah Kalungi n’abandi yamaze gushyira hanze indirimbo nshya, yizeza abanyarwanda kuzabashimisha by’intangarugero.

Gbenga Adenuga ategerejwe mu iserukiramuco rikomeye rizabera i Kigali

Gbenga Adenuga n’umwe mubaririmbyi bo muri Nigeria beza bafite ubuhanga mu myandikire n’uburyo bwihariye mu gususurutsa abantu.

Yamamaye mu ndirimbo yo kuramya no guhimbaza Imana yitwa “You make me wonder” yasakaye hirya no hino ku Isi.

Uyu munyempano zikomatanyije azwi cyane muri “‘Dayone with Gbenga Adenuga’ ikiganiro cye bwite gikunzwe kubera gisubizamo imbaraga abatentebutse.

Uyu mugabo akomoka mu muryango Adeganugas wubatse izina mu myidagaduro yo muri Nigeria urimo Wale Adenuga ukomeye mu gutunganya filime na Pastor Adenuga.

Indirimbo nshya ya Gbenga Adenuga yashyize hanze yitwa ‘Responz Ability’ iri mu njyana Nyafurika ikubiyemo ubutumwa bukora ku mutima.

Agaragaza ko mu buzima habamo guhirwa rimwe na rimwe ukiyuha akuya ariko umusaruro ukaba iyanga.

Ati “Ibyishimo nibyiza cyane, Nicyo tugomba ubwacu, iyo ibyiza bije ni ukubyishimira.”

Amashusho y’iyi ndirimbo yiganjemo imbyino gakondo nyafurika n’imyambarire itangaje, Gbenga Adenuga yabwiye UMUSEKE ko asanzwe ari umuhanga mu guhanga udushya.

Uyu muhanzi yamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana muri Nigeria no hanze yayo, avuga ko nta gitangaje kuba yasohoye indirimbo iri muzitwa iz’Isi ati ” gukora umuziki ni ukugira ubwenge ukareba icyo abantu bakeneye.”

Amashusho y’iyi ndirimbo ‘Responz Ability’ yakorewe muri Studio ye bwite yitwa ‘GAPTV Studio’ muri Victoria i Lagos.

Uyu munyamuziki w’abigize umwuga akaba n’umushoramari mu myidagaduro muri Nigeria no hanze yayo ari mu bategerejwe mu iserukiramuco rya ‘ATHF Rwanda’.

Aganira n’UMUSEKE yagize ati “Nzatanga ibyishimo kuri buri muntu uzitabira, nzishima gutaramana n’abanyarwanda.”

Uyu mugabo asanzwe ari umuyobozi wa LagosLed, GAPTV Studio ni nawe washinze Dayone,CSBG n’indi miryango ifasha guhindura ubuzima bw’umunyafurika.

Iserukiramuco rya ATHF Rwanda azitabira rizarangwa n’ibitaramo bibiri azahuriramo na Sheebah Kalungi wo muri Uganda na Kiz Daniel w’iwabo muri Nigeria.

Iri serukiramuco byitezwe ko rizabera kuri Canal Olympia ku wa 12-13 Kanama 2022. Abandi bahanzi barimo Ish Kevin, Bruce Melodie, Ariel Wayz, Niyo Bosco, Kivumbi King, Momo Lava, France n’abandi benshi bazasusurutsa abitabiriye.

Kwinjira muri iri serukiramuco bizaba ari amafaranga ibihumbi 15 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 30 Frw mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi 60 Frw mu myanya y’icyubahiro kidasanzwe.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?