BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nigeria: Gbenga Adenuga utegerejwe mu iserukiramuco rya ATHF Rwanda yasohoye indirimbo nshya

Nigeria: Gbenga Adenuga utegerejwe mu iserukiramuco rya ATHF Rwanda yasohoye indirimbo nshya

admin
Last updated: August 9, 2022 8:43 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi ukomoka muri Nigeria Gbenga Adenuga utegerejwe mu iserukiramuco rikomeye i Kigali azahuriramo n’abarimo Kiz Daniel, Shebbah Kalungi n’abandi yamaze gushyira hanze indirimbo nshya, yizeza abanyarwanda kuzabashimisha by’intangarugero.

Gbenga Adenuga ategerejwe mu iserukiramuco rikomeye rizabera i Kigali

Gbenga Adenuga n’umwe mubaririmbyi bo muri Nigeria beza bafite ubuhanga mu myandikire n’uburyo bwihariye mu gususurutsa abantu.

Yamamaye mu ndirimbo yo kuramya no guhimbaza Imana yitwa “You make me wonder” yasakaye hirya no hino ku Isi.

Uyu munyempano zikomatanyije azwi cyane muri “‘Dayone with Gbenga Adenuga’ ikiganiro cye bwite gikunzwe kubera gisubizamo imbaraga abatentebutse.

Uyu mugabo akomoka mu muryango Adeganugas wubatse izina mu myidagaduro yo muri Nigeria urimo Wale Adenuga ukomeye mu gutunganya filime na Pastor Adenuga.

Indirimbo nshya ya Gbenga Adenuga yashyize hanze yitwa ‘Responz Ability’ iri mu njyana Nyafurika ikubiyemo ubutumwa bukora ku mutima.

Agaragaza ko mu buzima habamo guhirwa rimwe na rimwe ukiyuha akuya ariko umusaruro ukaba iyanga.

Ati “Ibyishimo nibyiza cyane, Nicyo tugomba ubwacu, iyo ibyiza bije ni ukubyishimira.”

Amashusho y’iyi ndirimbo yiganjemo imbyino gakondo nyafurika n’imyambarire itangaje, Gbenga Adenuga yabwiye UMUSEKE ko asanzwe ari umuhanga mu guhanga udushya.

Uyu muhanzi yamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana muri Nigeria no hanze yayo, avuga ko nta gitangaje kuba yasohoye indirimbo iri muzitwa iz’Isi ati ” gukora umuziki ni ukugira ubwenge ukareba icyo abantu bakeneye.”

Amashusho y’iyi ndirimbo ‘Responz Ability’ yakorewe muri Studio ye bwite yitwa ‘GAPTV Studio’ muri Victoria i Lagos.

Uyu munyamuziki w’abigize umwuga akaba n’umushoramari mu myidagaduro muri Nigeria no hanze yayo ari mu bategerejwe mu iserukiramuco rya ‘ATHF Rwanda’.

Aganira n’UMUSEKE yagize ati “Nzatanga ibyishimo kuri buri muntu uzitabira, nzishima gutaramana n’abanyarwanda.”

Uyu mugabo asanzwe ari umuyobozi wa LagosLed, GAPTV Studio ni nawe washinze Dayone,CSBG n’indi miryango ifasha guhindura ubuzima bw’umunyafurika.

Iserukiramuco rya ATHF Rwanda azitabira rizarangwa n’ibitaramo bibiri azahuriramo na Sheebah Kalungi wo muri Uganda na Kiz Daniel w’iwabo muri Nigeria.

Iri serukiramuco byitezwe ko rizabera kuri Canal Olympia ku wa 12-13 Kanama 2022. Abandi bahanzi barimo Ish Kevin, Bruce Melodie, Ariel Wayz, Niyo Bosco, Kivumbi King, Momo Lava, France n’abandi benshi bazasusurutsa abitabiriye.

Kwinjira muri iri serukiramuco bizaba ari amafaranga ibihumbi 15 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 30 Frw mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi 60 Frw mu myanya y’icyubahiro kidasanzwe.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?