BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yashyize igorora APR FC na AS Kigali

Ferwafa yashyize igorora APR FC na AS Kigali

admin
Last updated: August 6, 2022 12:58 pm
admin
Share
SHARE

Mu mukino wa Super Coupe, Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryahaye amahirwe AS Kigali na APR FC yo kuzakinisha abakinnyi bashya izi kipe zombi zaguze.

Umuvugizi wa Ferwafa wungirije, yemeje ko abakinnyi bashya ba AS Kigali na APR FC bemerewe kuzakina umukino wa Super Coupe

Nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2021/2022, ikipe zikina mu cyiciro cya Mbere zatangiye kwiyubaka zigura abo zizakoresha muri uyu mwaka w’imikino.

APR FC na AS Kigali ziri mu zageze ku isoko mbere, cyane ko izi kipe zombi zizanahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika y’amakipe yabaye aya Mbere iwayo n’ayegukanye ibikombe iwayo.

Icyakomeje kwibazwa ni ukuba izi kipe zombi zaba zemerewe kuzakoresha abakinnyi bashya zaguze mu mukino wa Super Coupe uzazihuza tariki 14 Kanama 2022.

Aganira na UMUSEKE mu kiganiro cyihariye, Umuvugizi wungirije muri Ferwafa, Jules Karangwa, yemeje ko ikipe izabasha kwandikisha abakinnyi bayo ndetse bagahabwa ibyangombwa [License], izemererwa gukinisha abakinnyi izaba yasabiye ibyangombwa.

Ati “N’ubundi Super Coupe ni umukino utangiza umwaka w’imikino mushya. Izi kipe zombi [AS Kigali na APR FC] zemerewe kuzakinisha abakinnyi bazo bashya mu gihe ziza zamaze kubasabira ibyangombwa ku gihe. Twe nka Ferwafa dukomeje kwibutsa amakipe gusabira ibyangombwa abakinnyi bazo bashya. Si izi gusa ahubwo n’izindi zikwiye kubikora kare.”

Ibi birahita bisobanura neza ko yaba APR FC na AS Kigali, zemerewe kuzakinisha abakinnyi bazo mu gihe baba babonye ibyangombwa bitangwa na Ferwafa.

APR FC yongeyemo Mbonyumwami Thaiba wavuye muri Espoir FC, Niyigena Clèment wavuye muri Rayon Sports, Ishimwe Fiston wavuye muri Marines FC, Ishimwe Christian wavuye muri AS Kigali, Ndikumana Fabio wavuye Musanze FC na Niyibizi Ramadhan wavuye muri AS Kigali.

AS Kigali yo yinjijemo Nyarugabo Moïse wavuye muri Mukura VS, Akayezu Jean Bosco wavuye muri Étincelles FC, Tuyisenge Jacques wavuye muri APR FC, Satulo Edward, Otinda Fredrick Odhiambo, Ochieng Lawrence Juma na Man Ykre Dangmo Ngnowa Hapmo.

Tuyisenge Jacques yemerewe kuzakinira AS Kigali mu mukino wa Super Coupe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?