BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yashyize igorora APR FC na AS Kigali

Ferwafa yashyize igorora APR FC na AS Kigali

admin
Last updated: August 6, 2022 12:58 pm
admin
Share
SHARE

Mu mukino wa Super Coupe, Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryahaye amahirwe AS Kigali na APR FC yo kuzakinisha abakinnyi bashya izi kipe zombi zaguze.

Umuvugizi wa Ferwafa wungirije, yemeje ko abakinnyi bashya ba AS Kigali na APR FC bemerewe kuzakina umukino wa Super Coupe

Nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2021/2022, ikipe zikina mu cyiciro cya Mbere zatangiye kwiyubaka zigura abo zizakoresha muri uyu mwaka w’imikino.

APR FC na AS Kigali ziri mu zageze ku isoko mbere, cyane ko izi kipe zombi zizanahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika y’amakipe yabaye aya Mbere iwayo n’ayegukanye ibikombe iwayo.

Icyakomeje kwibazwa ni ukuba izi kipe zombi zaba zemerewe kuzakoresha abakinnyi bashya zaguze mu mukino wa Super Coupe uzazihuza tariki 14 Kanama 2022.

Aganira na UMUSEKE mu kiganiro cyihariye, Umuvugizi wungirije muri Ferwafa, Jules Karangwa, yemeje ko ikipe izabasha kwandikisha abakinnyi bayo ndetse bagahabwa ibyangombwa [License], izemererwa gukinisha abakinnyi izaba yasabiye ibyangombwa.

Ati “N’ubundi Super Coupe ni umukino utangiza umwaka w’imikino mushya. Izi kipe zombi [AS Kigali na APR FC] zemerewe kuzakinisha abakinnyi bazo bashya mu gihe ziza zamaze kubasabira ibyangombwa ku gihe. Twe nka Ferwafa dukomeje kwibutsa amakipe gusabira ibyangombwa abakinnyi bazo bashya. Si izi gusa ahubwo n’izindi zikwiye kubikora kare.”

Ibi birahita bisobanura neza ko yaba APR FC na AS Kigali, zemerewe kuzakinisha abakinnyi bazo mu gihe baba babonye ibyangombwa bitangwa na Ferwafa.

APR FC yongeyemo Mbonyumwami Thaiba wavuye muri Espoir FC, Niyigena Clèment wavuye muri Rayon Sports, Ishimwe Fiston wavuye muri Marines FC, Ishimwe Christian wavuye muri AS Kigali, Ndikumana Fabio wavuye Musanze FC na Niyibizi Ramadhan wavuye muri AS Kigali.

AS Kigali yo yinjijemo Nyarugabo Moïse wavuye muri Mukura VS, Akayezu Jean Bosco wavuye muri Étincelles FC, Tuyisenge Jacques wavuye muri APR FC, Satulo Edward, Otinda Fredrick Odhiambo, Ochieng Lawrence Juma na Man Ykre Dangmo Ngnowa Hapmo.

Tuyisenge Jacques yemerewe kuzakinira AS Kigali mu mukino wa Super Coupe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?