BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yashyize igorora APR FC na AS Kigali

Ferwafa yashyize igorora APR FC na AS Kigali

admin
Last updated: August 6, 2022 12:58 pm
admin
Share
SHARE

Mu mukino wa Super Coupe, Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryahaye amahirwe AS Kigali na APR FC yo kuzakinisha abakinnyi bashya izi kipe zombi zaguze.

Umuvugizi wa Ferwafa wungirije, yemeje ko abakinnyi bashya ba AS Kigali na APR FC bemerewe kuzakina umukino wa Super Coupe

Nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2021/2022, ikipe zikina mu cyiciro cya Mbere zatangiye kwiyubaka zigura abo zizakoresha muri uyu mwaka w’imikino.

APR FC na AS Kigali ziri mu zageze ku isoko mbere, cyane ko izi kipe zombi zizanahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika y’amakipe yabaye aya Mbere iwayo n’ayegukanye ibikombe iwayo.

Icyakomeje kwibazwa ni ukuba izi kipe zombi zaba zemerewe kuzakoresha abakinnyi bashya zaguze mu mukino wa Super Coupe uzazihuza tariki 14 Kanama 2022.

Aganira na UMUSEKE mu kiganiro cyihariye, Umuvugizi wungirije muri Ferwafa, Jules Karangwa, yemeje ko ikipe izabasha kwandikisha abakinnyi bayo ndetse bagahabwa ibyangombwa [License], izemererwa gukinisha abakinnyi izaba yasabiye ibyangombwa.

Ati “N’ubundi Super Coupe ni umukino utangiza umwaka w’imikino mushya. Izi kipe zombi [AS Kigali na APR FC] zemerewe kuzakinisha abakinnyi bazo bashya mu gihe ziza zamaze kubasabira ibyangombwa ku gihe. Twe nka Ferwafa dukomeje kwibutsa amakipe gusabira ibyangombwa abakinnyi bazo bashya. Si izi gusa ahubwo n’izindi zikwiye kubikora kare.”

Ibi birahita bisobanura neza ko yaba APR FC na AS Kigali, zemerewe kuzakinisha abakinnyi bazo mu gihe baba babonye ibyangombwa bitangwa na Ferwafa.

APR FC yongeyemo Mbonyumwami Thaiba wavuye muri Espoir FC, Niyigena Clèment wavuye muri Rayon Sports, Ishimwe Fiston wavuye muri Marines FC, Ishimwe Christian wavuye muri AS Kigali, Ndikumana Fabio wavuye Musanze FC na Niyibizi Ramadhan wavuye muri AS Kigali.

AS Kigali yo yinjijemo Nyarugabo Moïse wavuye muri Mukura VS, Akayezu Jean Bosco wavuye muri Étincelles FC, Tuyisenge Jacques wavuye muri APR FC, Satulo Edward, Otinda Fredrick Odhiambo, Ochieng Lawrence Juma na Man Ykre Dangmo Ngnowa Hapmo.

Tuyisenge Jacques yemerewe kuzakinira AS Kigali mu mukino wa Super Coupe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?